SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Minisitiri w’Umutekano w’u Bwongereza yatangiye urugendo rw’akazi mu Rwanda
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Minisitiri w’Umutekano w’u Bwongereza yatangiye urugendo rw’akazi mu Rwanda
Andi makuru

Minisitiri w’Umutekano w’u Bwongereza yatangiye urugendo rw’akazi mu Rwanda

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/12/05 at 12:30 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza, James Cleverly, yageze i Kigali mu ruzinduko rw’akazi aho mu bimugenza harimo gushyira umukono ku masezerano mashya ajyanye n’abimukira iki gihugu gishaka ko azakurikizwa boherezwa mu Rwanda.

Iyi ntumwa yoherejwe na Guverinoma y’u Bwongereza yageze ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 5 Ukuboza 2023.

Uruzinduko rwa Minisitiri James Cleverly i Kigali rwitezweho kuba intambwe ya nyuma y’amasezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza ku bijyanye n’Ubufatanye mu iterambere ry’Abimukira n’Ubukungu, MEDP treaty [Migration and Economic Development Partnership].

Yabanje gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, yunamira inzirakarengane ziruruhukiyemo ndetse anasobanurirwa amateka yaranze u Rwanda by’umwihariko aya Jenoside.

Yari aherekejwe na Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Omar Daair ndetse n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Clementine Mukeka.

Minisitiri James Cleverly araza kugirana ibiganiro n’inzego zitandukanye zirimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta n’abandi bayobozi batandukanye.

U Rwanda n’u Bwongereza bifitanye amasezerano yo kwakira abimukira, aho u Bwongereza bwiyemeje gufasha u Rwanda mu myiteguro izatuma abinjira mu Bwongereza binyuranyije n’amategeko barwoherezwamo, dosiye zabo zigasuzumwa ariho bari.

Amasezerano kandi agena ko ababishaka bazafashwa gutangira ubuzima mu Rwanda.

Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza ruherutse gufata umwanzuro witambika ayo masezerano ruvuga ko mu Rwanda hadatekanye, mu gihe Guverinoma y’u Bwongereza yo yabinyomoje ikagaragaza ko izakora ibishoboka byose ayo masezerano akajya mu bikorwa.

You Might Also Like

Uwahoze ayobora FBI arakwekaho gushaka kwica Donald Trump

Parike y’igihugu y’Akagera igiye kwakira inkura 70 z’umweru

Perezida Archange Touadéra akomeje gusabwa n’uburusiya gusinyana n’abandi bacanshuro

Korali Ganza Kristo yo muri ADEPR Gasave yateguye igiterane cy’amashimwe kizamara iminsi 2

Joe Biden wahoze ayobora USA yasanzwemo akabyimba muri Prostate

Nsanzabera Jean Paul December 5, 2023 December 5, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Mussa Esenu ashobora kongererwa amasezerano muri Rayon Sports!

December 25, 2023
Andi makuru

Ibyishimo mu muryango wa Knowless na Clement bizihije imyaka 8 babana banakira inka bagabiwe na Perezida Kagame

August 7, 2024
Imyidagaduro

Basketball: Henry Mwinuka yasezeye muri REG BBC yisubirira Patriots BBC

January 5, 2023
Andi makuru

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wongereye miliyoni 20 z’Amayero ingabo za RDF ziri muri Mozambique

November 18, 2024
Iyobokamana

Imam Muhsin Hendricks washyigikiraga abaryamana bahuje ibitsina yishwe arashwe

February 20, 2025
Imyidagaduro

Keza Terisky yanyomoje amakuru yavuzwe na The Trainer

January 17, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?