SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Nyuma y’Imyaka 2 Titi Brown agizwe umwere
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Nyuma y’Imyaka 2 Titi Brown agizwe umwere
Imyidagaduro

Nyuma y’Imyaka 2 Titi Brown agizwe umwere

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/11/10 at 10:48 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Nyuma y’imyaka ibiri akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana utarageza imyaka y’ubukure akamutera inda, Titi Brown yagizwe umwere n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanahise rutegeka ko arekurwa.

Icyemezo cyo kurekura Titi Brown cyasomwe ku wa 10 Ugushyingo 2023 saa Yine za mu gitondo aho kuba saa Saba nk’uko byari byitezwe.

Mu cyemezo cy’Urukiko, ikirego cy’Ubushinjacyaha cyateshejwe agaciro ndetse uyu mubyinnyi agirwa umwere.

Hateshejwe agaciro kandi ikirego cy’indishyi ababuranyi b’impande zombi bari batanze, Urukiko rwemeza ko izo ndishyi zidatangwa mu rubanza.

Ni icyemezo umucamanza yafashe nyuma y’iburanisha ryabaye ku wa 13 Ukwakira 2023, aho Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwumvaga iburanisha kuri uru rubanza.

Uyu musore yari akurikiranyweho n’Ubushinjacyaha icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 17, bivugwa ko yakoze ku wa 14 Kanama 2021.

Ku itariki 3 Ukuboza 2021, Urukiko rwategetse ko Titi Brown afungwa iminsi 30 y’agateganyo nyuma yo gusanga hari impamvu zikomeye kandi zihagije zituma akekwaho icyaha cyo gusambanya umwana.

Kuva icyo gihe Titi Brown yatangiye kujuririra iki cyemezo kugeza ku wa 10 Ugushyingo 2023 itariki yagiriweho umwere kuri iki cyaha n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Titi Brown ni umwe mu batoje akanabyina imbyino ziri mu ndirimbo nka ’Kamwe’ , ’Ubushyuhe’ ya Dj Pius na Bruce Melodie , ’Amashu’ na ’Faster’ za Chris Easy n’izindi zakunzwe na benshi mu Rwanda.

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul November 10, 2023 November 10, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Zari arashinja Diamond Platnumz kudaha umwanya abana be .

March 1, 2023
Kwamamaza

Satguru Travel &Tours yegukanye igihembo cy’ikigo cy’ubukerarugendo cyahize ibindi muri Consumers Choice Awards 2024

May 22, 2024
Utuntu n'utundi

Perezida wa Iran, Ebrahim Raisi yakoze impanuka ya Kajugujugu

May 19, 2024
Imyidagaduro

Judy Entertainment yasinyishije itsinda rya Soul Brothers ririmba Gospel

July 19, 2024
Imyidagaduro

Miss Mutesi Aurore Kayibanda agiye gusezerana imbere imbere y’Imana n’umukunzi we

April 30, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Latvia

October 2, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?