SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yitabiriye Inama Muri Cuba
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Kagame yitabiriye Inama Muri Cuba
Andi makuru

Perezida Kagame yitabiriye Inama Muri Cuba

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/09/15 at 12:37 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida Kagame ari muri Cuba mu Mujyi wa Havana aho yitabiriye inama mpuzamahanga y’iminsi y’ihuriro rya G77 n’u Bushinwa, igomba guhuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma guhera ku wa 15 Nzeri kugeza ku wa 16 Nzeri.

Perezida Kagame ubwo yageraga muri Cuba mu Mujyi wa Havana, yavuze ko yishimiye gusura igihugu yaherukagamo mu myaka 36 ishize.

Ati “Kuri njye, kuza Havana muri Cuba, ni ikintu kigarura intekerezo z’ahahise kuko nari muri iki gihugu mu myaka ya 1986 kugera mu 1987. Ni imyaka 36 ishize. Nari umusirikare muto, nabarizwaga muri Uganda. Nari hano icyo gihe ndi mu masomo yari yahawe abandi banyafurika.”

G77 ni ihuriro ry’Umuryango w’Abibumbye ribarizwamo ibihugu 134 biri mu nzira y’amajyambere, aho rigamije guteza imbere inyungu z’ubukungu bw’abanyamuryango.

Iri huriro ryashinzwe mu 1964. Ni ryo rinini rihuriramo ibihugu rikora bigendanye n’amahame y’Umuryango w’Abibumbye.

Ubusanzwe rijya gushingwa, ryari ririmo ibihugu 77 ari naho izina G77 ryavuye ariko ryagiye ribona abandi banyamuryango buhoro buhoro.

U Bushinwa ntabwo ari umunyamuryango wa G77 nubwo bugaragara mu bihugu binyamuryango, ariko bwakunze kuvuga ko bushyigikiye impamvu zituma iri huriro ribaho.

Iyi nama igiye kubera muri Cuba byitezwe ko izasozwa hemejwe uburyo bwo gufasha ibihugu mu bijyanye n’ubukungu.

Abakuru b’ibihugu barenga 30 nibo bitezwe kwitabira iyi nama muri Cuba.

You Might Also Like

Perezida Tshisekedi yahaye indabo Minisitiri Kayikwamba amushimira akazi ari gukora

Corneille Nangaa yatangaje ko M23 igiye gusimbura FRDC yasenyutse

Abanyarwanda Sadati Munyakazi,Clare Akamanzi na Bruce Melodie mu bazitabira inama ya 100 Most Notable Africans Leadership and Business Summit 2025

Perezida Paul Kagame yifurije abayisilamu bo mu Rwanda umunsi mwiza wa Eid AL Adha

Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije umunsi mukuru wa Eid Al Adha

Nsanzabera Jean Paul September 15, 2023 September 15, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Iyobokamana

Umuramyi Fortran Bigirimana agiye gukorera igitaramo I Bruxelles

August 7, 2024
Imyidagaduro

Teacher Mpamire mu ishusho ya Perezida Museveni yasekeje abanyarwanda ataha batabyifuza mu gitaramo cya Gen Z Comedy (Amafoto)

July 26, 2024
Andi makuruIyobokamana

Abakirisitu bihanangirijwe gukomeza gupfukamira ishusho ya Padiri Ubald

January 15, 2024
Imyidagaduro

Nzovu na Yaka bongeye gutumirwa muri gitaramo cya Gen-Z Comedy

April 30, 2025
Andi makuru

Mu bupfura bwinshi Ubwongereza bwatumijeho Ambasaderi w’ u Rwanda i Londres

February 20, 2025
Imyidagaduro

Producer Li John yashyize hanze indirimbo ye nshya yise Ndagutinya

September 27, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?