Umushinjacyaha muri Guinée Equatoriale yasabiye Baltasar Ebang Engonga gufungwa imyaka 18 kubera ibyaha byo kunyereza umutungo no gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko mu nyungu ze bwite.
Urubanza Balthasar aregwamo rurimo abayobozi benshi bari basanzwe bakorera urwego rushinzwe ubwishingizi no guha ubwishingizi ibigo bitanga serivisi z’ubwishingizi.
Balthasar yamamaye kubera ibirego yigeze kuregwa mu 2024 byavugaga ko yafatanywe amashusho mu bikoresho by’ikoranabuhanga bitandukanye, amugaragaza asambana n’abagore 400 ariko ntibyavuzweho rumwe kuko hari n’ababihuje no gushaka kumuharabika ngo atazashobora guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu.
Ubushinjacyaha bwasabiye Balthasar igifungo cy’imyaka umunani kubera kunyereza umutungo, imyaka ine n’amezi atanu kubera iyezandonke no kwigwizaho imitungo n’imyaka itandatu n’umunsi umwe kubera gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite.
Yanasabiwe gucibwa miliyoni 910 z’ama-CFA kandi ntazigere ahabwa umwanya w’ubuyobozi mu gihe kingana n’imyaka yasabiwe gufungwa.
Ubushinjacyaha buvuga ko Balthasar yari yarubatse uruhererekane rw’uburyo banyerezamo amafaranga ya Leta bakayakoresha mu nyungu zabo afatanyije n’abandi bakozi bakoranaga mu kigo, barimo Carmelo Julio Matogo Ndong, Ireneo Mangue Monsuy Afana, na Florentina Iganga Iñandji bose baregwa ibyaha bimwe.
Balthasar Engong avuka mu muryango w’abanyapolitike, akaba mwishywa wa Perezida Teodoro Obiang Nguema Mbasogo. Urubanza rwe n’abo bareganwa LSi Africa yanditse ko rushobora gufatwa nko guca umuco wo kudahana muri iki gihugu.