SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Tiwa Savage yasubije umugabo wavuze ko ubwiza bwe atari ubwe
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Tiwa Savage yasubije umugabo wavuze ko ubwiza bwe atari ubwe
Imyidagaduro

Tiwa Savage yasubije umugabo wavuze ko ubwiza bwe atari ubwe

Gossip Kigali
Gossip Kigali
Published: June 25, 2025
Share
SHARE

Umuhanzikazi wo muri Nigeria, Tiwa Savage, yasubije umugabo wavuze ko atari mwiza ahubwo agirwa mwiza n’amafoto, amwihenuraho amubwira ko ikimuvugisha ari uko yifuza guhura na we.

Uwo mugabo yabivuze ashingiye ku mafoto Tiwa Savage yasangije abamukurikira ku rubuga rwe rwa Instagram, ahita amwibasira.

Uwiyita nutefobayo yahise ajya ahandikirwa ibitekerezo, avuga ko Tiwa akoresha amafoto akabeshya abantu ko afite uburanga bwiza ariko mu by’ukuri atari mwiza.

Yagize ati: “Amafoto atuma abantu bamwe basa neza. Tiwa ntabwo usa neza utyo mu buzima busanzwe.”

Mu kumusubiza, Tiwa Savage yavuze ko iyo umuntu amubonye imbonankubone asanga ari mwiza kurushaho.

Yanditse ati: “Ahubwo nsa neza kurushaho iyo umuntu ambonye mu buzima busanzwe. Vuga ko ushaka guhura nanjye imbonankubone, urabyifuza rwose ariko wabuze aho ubihera.”

Tiwa Savage avuze ibi nyuma y’uko aherutse gutangaza ko uwahoze ari umugabo we ari we wamwigishije kwiyitaho mbere y’uko amumenya yabagaho atiyitaho kandi yambara nk’abagabo.

Ngo kuva yatangira urugendo rwo kwiyitaho byatangiye kumuha umusaruro, kuko asigaye afatwa nk’umwamikazi w’uburanga n’igikundiro.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka, ni bwo Tiwa Savage yahishuye ko yicuza kuba yaratandukanye n’uwahoze ari umugabo we, kuko byatumye umuhungu we abura amahirwe yo kubana n’ababyeyi be bombi.

Uyu muhanzikazi yashakanye na Tunji uzwi nka ’Tee Billz Balogun’ mu 2013 batandukana mu 2016, bafitanye umwana w’umuhungu witwa Jamil Balogun.

Ariel Wayz yahishuye imbogamizi abahanzikazi bo mu Rwanda bahura nazo bakijira mu muziki
Taylor Swift yahigitse Rihanna ku mwanya w’abahanzikazi batunze agatubutse muri muzika
Chris Brown yakoze amateka yo kugurisha amatike menshi mu gihe gito muri Afurika y’epfo na Brasil
Producer Li John yashyize hanze indirimbo ye nshya yise Ndagutinya
Teta Sandra agiye kwongera gutegura ibitaramo by’abambaye umweru I Kigali
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Virtual Casino Games Available In Ireland

June 21, 2017

What Is The No Deposit Bonus Code For Online Casinos In Ireland

September 23, 2020

Online Pokies New Zealand Dragon Link

May 28, 2024

Best Slots Ireland Bonus

November 16, 2017

Anonym Bet Casino No Deposit Bonus Codes For Free Spins 2025

February 25, 2025

How To Play Slot Machines In Ireland

June 11, 2019

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?