Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Israel na Iran bihanganye mu ntambara imaze iminsi wa 12 byemeranyije guhagarika intambara, asaba ibihugu byombi kubyubahiriza.
Yabitangaje ku wa 24 Kamena 2025, abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social avuga ko “agahenge katangiye kubahirizwa.”
Yongeyeho ati “Ndabinginze, ntihagire ukarengaho”
Gusa yaba Iran na Israel nta gihugu cyigeze cyemeza ko habayeho kumvikana ku byo guhagarika imirwano imaze guhitana abantu amagana muri Iran ndetse n’abarenga 24 muri Isiraheli.
Trump yari yavuze ko agahenge gutangira nyuma y’amasaha atandatu bamaze kuganira ariko no mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri Iran yarashe ibisasu inshuro eshatu mu Majyepfo ya Israel, bihitana abantu batatu.
Nyuma y’ibi bitero byamaze isaha, Israel yatangaje ko yafunguye ikirere cyayo kugira ngo indege zishinzwe ubutabazi n’izindi ziri mu bikorwa byihutirwa zishobore gukora ingendo.