SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Abahanzi Weasel na Harmonize bagiye kwiyamamariza kuba abadepite
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Abahanzi Weasel na Harmonize bagiye kwiyamamariza kuba abadepite
Imyidagaduro

Abahanzi Weasel na Harmonize bagiye kwiyamamariza kuba abadepite

Gossip Kigali
Gossip Kigali
Published: June 24, 2025
Share
SHARE

Abahanzi bakomeye mu muziki w’Akarere batangiye kugaragaza ko bashaka kugira uruhare mu miyoborere y’ibihugu byabo. Weasel wo muri Uganda na Harmonize wo muri Tanzania, batangaje ku mugaragaro ko bagiye kwinjira mu rugendo rwabo rwa politiki, aho buri wese yemeje ko agiye guhatanira umwanya w’umudepite mu karere akomokamo.

Weasel, wamenyekanye cyane mu itsinda rya Goodlyfe (Radio & Weasel), yavuze ko amaze igihe ashyira imbaraga mu bikorwa bigamije guteza imbere abaturage, none yasanze igihe kigeze ngo ajye no mu nzego zifata ibyemezo.

Ati “Abahanzi natwe dufite uruhare rukomeye mu mibereho y’abaturage. Maze imyaka myinshi nsusurutsa abantu, ariko ubu ndifuza no kugira uruhare mu gufata ibyemezo byabateza imbere.” 

Ku rundi ruhande, Harmonize, uzwi cyane mu njyana ya Bongo Flava ndetse no mu bikorwa by’ubucuruzi, na we yatangaje ko aziyamamariza kuba umudepite mu gihugu cye cya Tanzania.

Yavuze ko abahanzi basanzwe bafitanye umubano ukomeye n’abaturage, bityo bitabagoye kumenya ibibazo byabo ndetse no kubishakira ibisubizo.

Mu magambo yagize ati “Nabaye hafi y’abaturage b’iwacu, menya ibyifuzo n’ibibazo bafite. Ubu rero ndashaka kubikemura binyuze mu nzira ya politiki.”

Izi nkuru z’abahanzi binjira muri politiki zije mu gihe no mu bindi bice by’Isi, cyane cyane muri Afurika, hari abandi bahanzi, abakinnyi n’abandi bafite amazina akomeye bakomeje kwinjira mu bikorwa bya politiki, bagamije kugira uruhare mu iterambere ry’aho bakomoka.

Abakurikiranira hafi iby’ubuhabzi n’imiyoborere bemeza ko abahanzi bafite amahirwe menshi yo kugira uruhare mu kuvuganira abaturage, bitewe n’uko basanzwe bafite ijwi rikomeye ndetse bumvwa n’abenshi.

Iserukiramuco rya ‘Oldies Music Festival’uyu mwaka rizarangwa n’udushya twinshi
Tic Tac Foods iyoborwa na Frederick yatanze amafaranga yemeye yo gufasha abana ba Jay Polly
Sheebah Karungi yunamiye inzirakarengana za Jenoside zishyinguye mu Rwibutso Rwa Kigali (Amafoto)
Umunyarwenya Ramjaane Joshua yashinze ikipe yise ‘Ramjaane Foundation FC
Minisitiri Sandrine Umutoni yashimiye Sherrie Silver kubw’ibikorwa by’intangarugero akora
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

All Slots Casino Review

May 28, 2024

Jupiter Club Casino Login App Sign Up

May 28, 2024

Nz Best Online Pokies

May 28, 2024

24 Slots Casino

May 28, 2024

Spin Casino Nz Login Mobile

May 28, 2024

Casino Reopenings In Australia

February 25, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?