Ku mugoroba wo kuri iki cyumweru Cyumweru, itariki ya 22 Kamena, umukuru w’igihugu cya Gabon nibwo abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yatangaje ko azatangiza ku mugaragaro ishyaka rye rya politiki ku wa Gatandatu utaha, ku itariki ya 28 Kamena, ubwo azaba ari muri mitingi nini zabereye muri Palais des Sports i Libreville.
Brice Oligui Nguema yiyamamaje nk’umukandida wigenga mu matora ya perezida yo ku itariki ya 12 Mata, yatsinze ku majwi menshi.
Perezida wa Gabon, yatangaje muri iyo videwo aho yari ahagaze munsi y’igiti akikijwe n’abagabo n’abagore barenga icumi ati: “Amatora rusange mwampaye ubu arasaba ko hashyirwaho igikoresho cya politiki gishobora guhuza ingufu zose zubaka z’igihugu cyacu. Kubera iyo mpamvu, mfite icyubahiro cyo kubatumira mu nteko rusange yerekana ko urugendo rwacu rwatangiye ku wa Gatandatu, itariki ya 28 Kamena 2025, saa yine za mu gitondo.”
Mu rubuga rwa politiki muri Gabon, amakuru yahise yihutira gutera abantu kwibaza ibintu bitandukanye, nk’aho uwitwa Jean-Rémy Yama, umwe mu bantu bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi, yanenze aya mahitamo nubwo yemera ko umukuru w’igihugu afite uburenganzira bwo gushinga ishyaka rye.
Ni mbere yo gukomeza agira ati: “[Iyi gahunda] ntiyari ikenewe kubera ko Itegeko Nshinga iha perezida ububasha bwose, ku buryo atagikeneye no kugira ubwiganze mu Nteko.”
Iri tangazo rya Perezida Oligui Nguema naryo rije nyuma y’iminsi itanu Inteko Ishinga Amategeko ya Gabon yemeje, ku wa Kabiri, itariki ya 17 Kamena, umushinga w’itegeko ryerekeye amashyaka ya politiki, ugamije kugabanya umubare w’amashyaka ya politiki ukava ku 103 hagasigara atatu cyangwa ane gusa, nk’uko byasabwe mu nama y’umushyikirano muri Mata umwaka ushize.