Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, ahagana saa kumi n’igice z’igitondo, inkongi y’umuriro yafashe agakiriro gakorerwamo imirimo y’ububaji no gusudira mu Murenge wa Gisozi, Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.
Ababonye ibyabaye bavuga ko umuriro watangiye usenya inyubako zicururizwagamo ibitanda n’ibindi bikoresho bikorwa mu mbaho, biherereye hafi y’umuhanda.
Nubwo impamvu y’iyi nkongi itaramenyekana, amakuru avuga ko yangije igice kingana na kimwe cya kabiri cy’aka gakiriro. Polisi y’u Rwanda yatangiye ibikorwa byo kuzimya umuriro, ubwo wari ukiri mwinshi.
Kugeza ubu, nta makuru yemeza ko hari umuntu wapfiriye muri iyo nkongi. Ibikorwa byo kugenzura icyateye inkongi no gusuzuma ibyangiritse byatangiye.
Umuvugizi wa Polisi y’igihugu mu mujyi wa Kigali CIP, Wellars Gahonzire yadutangarije ko bagiye gutangira iperereza ryimbitse kugira ngo bameney icyateye iyo ngo nkongi yakongokeye ibintu bitaramenyekana neza agaciro kabyo