Perezida William Ruto wa Kenya yasabye imbabazi Tanzania, nyuma y’iminsi hatutumba umwuka mubi hagati ya kiriya gihugu n’icye.
Ruto yasabiye imbabazi mu masengesho yo gusabira igihugu cye azwi nka National Prayer Breakfast. Ni imbabazi yanasabye Uganda.
Yagize ati: “Ku baturanyi bacu ba Tanzania, niba twarabakoshereje mu buryo ubwo ari bwo bwose, turasaba imbabazi. Kuri bagenzi bacu ba Uganda, niba hari ikintu Abanyakenya bakoze kidakwiriye, turashaka gusaba imbabazi”.
Ruto yavuze ibi mu gihe hari umwuka mubi kuva Tanzania yakwirukana nabi impirimbanyi zo muri Kenya na Uganda zari zagiye muri icyo gihugu gukurikirana urubanza rwa Tundu Lissu utavugarumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Samia Suluhu.
Mu birukanwe muri Tanzania harimo Martha Karua umunyamategeko ukomeye kandi wahoze ari minisitiri w’ubutabera wa Kenya na bagenzi be bari bamuherekeje.
Abirukanwe banarimo impirimbanyi yo muri Kenya, Boniface Mwangi na mugenzi we wo muri Uganda Agather Atuhaire bafunzwe iminsi muri Tanzania mbere y’uko bajugunywa hafi y’imipaka y’ibihugu byabo na Tanzania.
Ibi byateye guterana amagambo gukomeye hagati y’ibi bihugu ku bakoresha imbuga nkoranyambaga.
Abadepite bo mu bihugu bya Kenya na Tanzania na bo bagarutse kuri izi mpaka n’ibyabaye berekana ibibazo byateye mu mibanire y’ibi bihugu.
Perezida William Ruto yanasabye imbabazi urubyiruko rwa Kenya rukomeje kugaragaza ko rutabona ibintu kimwe na leta, kuva mu mwaka ushize ubwo muri iki gihugu habaga imyigaragambyo ikomeye yamaganaga uko leta yashakaga kuzamura imisoro.
Ruto yagize ati: “Ku bana bacu, niba twarabakoshereje, turasaba imbabazi. Turashaka kubaka umubano uzakomeza igihugu cyacu”.
Uyu mukuru w’igihugu yasabye Abanyakenya gushyigikira imihate iriho yo gusubiranya imibanire myiza, ashimangira ko ubutegetsi bwe bugamije kunga Kenya no kuyiteza imbere.