SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ambasaderi Martin Ngoga yashyikiriye Umunyamabanga mukuru wa Loni impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Ambasaderi Martin Ngoga yashyikiriye Umunyamabanga mukuru wa Loni impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda
Andi makuru

Ambasaderi Martin Ngoga yashyikiriye Umunyamabanga mukuru wa Loni impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda

Ahupa Radio
Last updated: 2025/05/23 at 10:37 AM
Ahupa Radio
Share
2 Min Read
SHARE

Ambasaderi Martin Ngoga yashyikirije Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri uyu muryango.

Ubwo yakirwaga ku cyicaro cya Loni i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 22 Gicurasi 2025, yagejeje kuri Guterres indamutso za Perezida Paul Kagame ndetse n’Abanyarwanda muri rusange.

Yagize ati “Mbazaniye indamutso za Perezida, Leta ndetse n’Abanyarwanda. Mfashe iyi nshingano mfite ubushake bwo gukorana namwe n’abandi bose bari mu muryango wa Loni no gukorana mu buryo bwubaka mu gushyira imbere ibitekerezo duhuriyeho.”

Ambasaderi Ngoga yasimbuye Ernest Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni kuva mu Ukwakira 2023. Rwamucyo ubu ahagarariye u Rwanda muri Kenya.

U Rwanda ni umufatanyabikorwa ukomeye wa Loni mu by’umutekano, kuko ni igihugu cya kane gifite ingabo nyinshi mu butumwa bw’amahoro bwawo.

Iki gihugu kandi cyakira by’agateganyo impunzi ziva muri Libya kuva mu 2019, hashingiwe ku masezerano rwagiranye na Loni n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Zicumbikirwa mu nkambi y’agateganyo ya Gashora mu gihe zishakirwa ibihugu zizaturamo.

Uyu muryango mu cyumweru gishize watangaje ko kuva mu 2025 kugeza mu 2029, uzaha u Rwanda inkunga ya miliyari 1,04 y’Amadolari ya Amerika azarufasha mu iterambere ry’ubukungu.

Imishinga yagenewe aya mafaranga ni iyo impande zombi zihuriyeho, irimo guteza imbere ubukungu budaheza, kuzamura ubumenyi bw’abantu, kwimakaza imiyoborere izana impinduka, uburinganire bw’abagabo n’abagore, kurwanya imihindagurikire y’ibihe no guhanga ibishya.

 

You Might Also Like

Nigeria :Umugore yarumye igitsina cy’umukunzi we kugeza agiciye

Sena ya DRC yambuye Joseph Kabila Ubudahangarwa

Perezida Kagame yakiriye mu biro bye Cheick Camara umuyobozi wa Service Now Africa

Lt Gén Masuzu yasabye ingabo za FARDC guhagukura zishikamye zikirukana M23

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemera abahagarariye ibihugu byabo 11 mu Rwanda

Ahupa Radio May 23, 2025 May 23, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Rutahizamu Camara Agogo yasinyiye Rayon Sports!

December 7, 2023
Andi makuru

Général Mahamat Déby Itno yagizwe Maréchal

December 11, 2024
Andi makuru

Kim Kardashian yongeye kwatsa umuriro kuri Kanye West

March 19, 2025
Imyidagaduro

Prosper Nkomezi yakoreye igitaramo I Huye ahembura imitima ya benshi

February 13, 2023
Imyidagaduro

Miss Tina Uwase na Murumuna we bahaye ababyeyi babo impano y’ inzu n’Imodoka

December 19, 2023
Imikino

Iranzi Cédric wabujijwe kujyamuri Academy ya Bayern Munich yatangiye gufashwa na KNC

October 19, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?