SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Sherrie Silver yashenguwe n’ihohoterwa rikorerwa umwana afasha yiyemeza kumuvuza
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Sherrie Silver yashenguwe n’ihohoterwa rikorerwa umwana afasha yiyemeza kumuvuza
Imyidagaduro

Sherrie Silver yashenguwe n’ihohoterwa rikorerwa umwana afasha yiyemeza kumuvuza

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul
Published: May 21, 2025
Share
SHARE

Umwana  witwa  Tecquiero,uri   ,mubafite impano idasanzwe mu kuririmba barerwa na Sherrie Silver Foundation, akomeje guhura n’ibibazo by’ivangura n’itotezwa binyuze ku mbuga nkoranyambaga, bitewe n’imiterere y’amenyo ye atari ku murongo nk’uko benshi babyiteze.

Binyuze mu mashusho atandukanye akunzwe cyane, Tecquiero agaragaza impano ikomeye ituma benshi bamukunda, ariko nyuma yo kugaragara kuri zimwe mu ndirimbo yagaragayemo, hakurikiyeho ibitekerezo bimwe na bimwe byibasira imiterere y’amenyo ye. Aho kugira ngo berekane urukundo n’ubwuzu ku mwana uri guteza imbere impano ye, bamwe bahisemo kumutera amagambo akomeretsa.

Mu ntangiriro, ubuyobozi bwa Sherrie Silver Foundation bwahitaga busiba ibyo bitekerezo. Ariko nyuma yo kubona ko ikibazo kigenda cyisubiramo kandi gifite ingaruka ku mutekano w’uwo mwana, Sherrie Silver ubwe, washinze iyo foundation, yafashe icyemezo cyo gushaka igisubizo kirambye.

Abinyujije kuri konti ye ya X (yahoze ari Twitter), Sherrie Silver yagize ati: “Umwe mu bahanzi b’abana bakunzwe cyane muri Sherrie Silver Foundation ahora atukwa ku mbuga nkoranyambaga kubera amenyo ye, kandi turambiwe gusiba ibitekerezo bimutuka buri gihe

Turashaka umuganga w’amenyo waba witeguye gufatanya natwe tukamushakira igisubizo kirambye. Murakoze cyane.”

Ubutumwa bwa Sherrie bwakiriwe n’abantu benshi bagaragaje ko bashyigikiye uwo mwana n’iyo gahunda. Hari abatangaje ko biteguye gutanga inkunga cyangwa kumuhuza n’abaganga b’inzobere mu kuvura amenyo.

Sherrie Silver Foundation ikorera mu Rwanda no mu bindi bice by’Afurika, ikaba izwiho guteza imbere impano z’abana batandukanye mu bijyanye n’imbyino n’umuziki, ikanabatoza kwiyubaka no kugira icyerekezo mu buzima.

Davis D yakoze amateka mu gitaramo cye,Nasty C biragira akubise umufana umugeri (Amafoto)
Kenny Sol yifurije isabukuru nziza umugore we mu magambo aryoheye abakundana
Kelly Speech akomeje kwigarurira imitima ya benshi ku rubuga rwa Tik Tok kubera ubutumwa Atanga
Prince Kid agiye gusubira mu rukiko
John Drille yishimiye kugaruka mu Rwanda avuga ko ahafata nko mu rugo(Amafoto)
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Online Casinos Australia No Deposit Bonus Codes

February 25, 2025

Ireland Percentage Payout On Online Slots 2023

April 17, 2017

Casinos With Slot Machines In Dublin Ie

May 28, 2024

Latest News On Pokies

May 28, 2024

Slot Machine Progressive

May 28, 2024

Best Free Online Slots

February 25, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?