SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Sherrie Silver yashenguwe n’ihohoterwa rikorerwa umwana afasha yiyemeza kumuvuza
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Sherrie Silver yashenguwe n’ihohoterwa rikorerwa umwana afasha yiyemeza kumuvuza
Imyidagaduro

Sherrie Silver yashenguwe n’ihohoterwa rikorerwa umwana afasha yiyemeza kumuvuza

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/05/21 at 11:13 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umwana  witwa  Tecquiero,uri   ,mubafite impano idasanzwe mu kuririmba barerwa na Sherrie Silver Foundation, akomeje guhura n’ibibazo by’ivangura n’itotezwa binyuze ku mbuga nkoranyambaga, bitewe n’imiterere y’amenyo ye atari ku murongo nk’uko benshi babyiteze.

Binyuze mu mashusho atandukanye akunzwe cyane, Tecquiero agaragaza impano ikomeye ituma benshi bamukunda, ariko nyuma yo kugaragara kuri zimwe mu ndirimbo yagaragayemo, hakurikiyeho ibitekerezo bimwe na bimwe byibasira imiterere y’amenyo ye. Aho kugira ngo berekane urukundo n’ubwuzu ku mwana uri guteza imbere impano ye, bamwe bahisemo kumutera amagambo akomeretsa.

Mu ntangiriro, ubuyobozi bwa Sherrie Silver Foundation bwahitaga busiba ibyo bitekerezo. Ariko nyuma yo kubona ko ikibazo kigenda cyisubiramo kandi gifite ingaruka ku mutekano w’uwo mwana, Sherrie Silver ubwe, washinze iyo foundation, yafashe icyemezo cyo gushaka igisubizo kirambye.

Abinyujije kuri konti ye ya X (yahoze ari Twitter), Sherrie Silver yagize ati: “Umwe mu bahanzi b’abana bakunzwe cyane muri Sherrie Silver Foundation ahora atukwa ku mbuga nkoranyambaga kubera amenyo ye, kandi turambiwe gusiba ibitekerezo bimutuka buri gihe

Turashaka umuganga w’amenyo waba witeguye gufatanya natwe tukamushakira igisubizo kirambye. Murakoze cyane.”

Ubutumwa bwa Sherrie bwakiriwe n’abantu benshi bagaragaje ko bashyigikiye uwo mwana n’iyo gahunda. Hari abatangaje ko biteguye gutanga inkunga cyangwa kumuhuza n’abaganga b’inzobere mu kuvura amenyo.

Sherrie Silver Foundation ikorera mu Rwanda no mu bindi bice by’Afurika, ikaba izwiho guteza imbere impano z’abana batandukanye mu bijyanye n’imbyino n’umuziki, ikanabatoza kwiyubaka no kugira icyerekezo mu buzima.

You Might Also Like

Maurix Baru yateguye ibitaramo yise “Karahanyuze Summer Tour”azakorera muri Canada

Umugore wa Justin Bieber yatangaje byinshi yahuye nabyo kuva yabana n’umugabo we

Minisitiri Olivier Nduhungirehe mu bihumbi byishimiye alubumu 25shades ya Bwiza

Aalliah Cool yakebuye inkumi ziyambika ubusa zishaka kugaragaza ubwiza bwazo

The Ben yeretswe urukundo n’abakunzi be mu gihugu cya Uganda (Amafoto)

Nsanzabera Jean Paul May 21, 2025 May 21, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Ishyirahamwe rya Ruhago muri Tanzania (TFF) ryirukanye Umutoza .

January 20, 2024
Imyidagaduro

Meddy na Adrien Misigaro bahataniye ibihembo bya Hipipo Music Awards 2024 nabarimo Diamond Platnumz

November 7, 2024
Imyidagaduro

Liliane Mbabazi yahishuye impamvu yatumye atandukana na Radio

January 9, 2024
Imikino

Agahinda k’abafana ba Kiyovu Sc bagatuye Perezida wa Repubulika Paul Kagame

December 11, 2024
Andi makuru

Iki cyiciro cya kabiri cy’ingabo za SAMIDRC n’ ibikoresho byazo cyanyujijwe mu Rwanda

May 5, 2025
Andi makuru

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa DR Congo bahuriye i Doha

March 19, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?