SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Aalliah Cool yakebuye inkumi ziyambika ubusa zishaka kugaragaza ubwiza bwazo
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Aalliah Cool yakebuye inkumi ziyambika ubusa zishaka kugaragaza ubwiza bwazo
Imyidagaduro

Aalliah Cool yakebuye inkumi ziyambika ubusa zishaka kugaragaza ubwiza bwazo

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul
Published: May 19, 2025
Share
SHARE

Umukinnyi wa filime akaba n’umushoramari akaba n’umwe mu bakuzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga Isimbi Alliance uzwi nka Alliah Cool yakebuye abakobwa n’abagore bagenzi be baziko kwiyambika  imyenda igaragza ubusa bwabo ko ataribyo bigaragaza ubwiza bwabo

Uyu mugore yabigarutseho mu butumwa yashyize ku rukuta rwa Instagram, aho yagize ati “Bakobwa beza, buriya kwambara ubusa siho wagaragariza ko uri mwiza. Noneho hari imyaka mba mbona bitagakwiye ko twambara tutikwije. Niko mbyumva.”

Uyu mugore w’imyaka 35 yavuze ibi mu gihe hari abakunze kunenga abagore n’abakobwa yaba mu myidagaduro, no mu buzima busanzwe ko bambara imyambaro ijya gusa no kwambara ubusa.

Alliah Cool siwe wenyine wagaragaje ibi, kuko na Pasiteri Dr. Antoine Rutayisire mu minsi yashize yavuze ko hari imyambaro abantu bambara ugasanga si myiza n’ubwo bamwe bayita ‘imideli’. Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Nkunda Gospel.

Ati “Hari ubupantalo umuntu yambara ukavuga uti ese uriya arambaye? Noneho rwose mperuka guhura n’umuntu waguze ‘colant’ isa n’uruhu rwe. Ku buryo yaturutse hirya nkumirwa nti noneho abantu basigaye bagenda bambaye ubusa mu muhanda? Nitegereje neza nsanga ni uwo mwambaro usa n’umubiri w’inzobe.”

Arakomeza ati “Niba umukobwa aje amabere ari hanze uretse imoko yonyine, niba umuntu yambaye ijipo utera intambwe ukamera nk’uwambaye ubusa, hari ibintu dukwiriye gutinyuka kuvuga ko atari byo[…] hari ibyo dukwiriye gutinyuka guheza. Umuntu aragenda akazana imyenda yacagaguye akakubwira ko ari imideli! Tekereza ubaye nka Meya wambara ipantalo icitse?”

Kenny Sol yakoreye igitaramo cy’amateka I Montreal yunamira Young C. K
Nyuma ya The Ben Dj Toxxyk nawe yiyongereye mu bazafasha Bwiza mu gitaramo azakorera mu Bubiligi
Inzu n’imodoka bya Fally Lipupa byatwikiwe I Kinshasa
Kwibuka 29 :Teta Diana yahishuye ko umuhanzi afite uruhare mu kubaka u Rwanda
Joe Boy yakoreye igitaramo cy’amateka I Kampala
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Star Watch Casino Game

February 25, 2025

Real Money No Deposit Free Spins Bonus Ie

May 28, 2024
Andi makuru

La Creola Restaurant & Lounge irashimira abakiliya bayigannye mu minsi mikuru

January 10, 2024

Village Green Pokies Opening Hours

May 28, 2024

Bonus Casino Games Betway

May 28, 2024

Satoshi Bitcoin Casino

May 28, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?