SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Uwahoze ayobora FBI arakwekaho gushaka kwica Donald Trump
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Uwahoze ayobora FBI arakwekaho gushaka kwica Donald Trump
Andi makuru

Uwahoze ayobora FBI arakwekaho gushaka kwica Donald Trump

Wakibi Geoffrey
Last updated: 2025/05/16 at 11:30 AM
Wakibi Geoffrey
Share
2 Min Read
SHARE

James Comey wahoze ayobora Urwego rw’Iperereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FBI) ari gukorwaho ipererezi n’Urwego rurinda Umukuru w’Igihugu kubera ifoto aherutse gushyira ku rubuga rwe rwa Internet byaketswe ko yahamagariraga abantu urugomo no kwica Perezida Trump.

Ku wa Kane ni bwo Comey yashyize kuri konti ye ya Instagram ifoto igaragaza utubuye two mu mazi twanditse imibare “8647” ayiherekeresha amagambo avuga ko utwo tubuye yaboneye mu butembere yagiriye ku mucanga ku mazi twari twiza.

Abari mu buyobozi bwa Trump ndetse n’ubw’ishyaka ry’aba-Republicains bihutiye guhita basobanura iby’iyo foto nk’igamije kudashakira ineza Perezida Trump, ibinyamakuru byinshi byifashishije inkoranyamagambo ya Merriam-Webster, isobanura ko “86” ari imvugo y’irenga ishaka kuvuga “guta hanze”, “kwikiza” cyangwa “kwica”.

Ikinyamakuru Newsweek cyatangaje ko iyo mvugo yakoreshwaga n’aba-Mafia basobanura kujyana umuntu muri miles umunani kure y’umujyi ubundi bakamutaba mu bujyakuzimu bwa feet esheshatu.

Abasobanuye imibare rero Comey yashyize ku mbuga nkoranyambaga ari yo “8647” basobanuye ko yahamagariraga “Kwica Perezida wa 47 wa Amerika”, nubwo nyuma y’akanya yaje guhita ayikuraho kubera igitutu yari akomeje gushyirwaho n’abagaragazaga ko ari gushaka kwivugana Umukuru w’Igihugu.

Umuyobozi wa FBI, Kash Patel, yavuze ko izatanga ubufasha bwose bukenewe kugira ngo Urwego rurinda Umukuru w’Igihugu rufashwe mu iperereza kuri ibyo byatangajwe na Comey byaketswe ko byerekezaga kuri Trump.

Kudacana uwaka kwa Comey na Trump byatangiye kuri manda ya mbere ye, ubwo yirukanaga uyu wayoboraga FBI ashinjwa gukwirakwiza ibihuha kuri we kuko atari amushyigikiye.

Trump yari aherutse kurokoka igitero cyashakaga kumwivugana muri Nyakanga 2024 ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza muri Leta ya Pennsylvania, aho bamurashe isasu rikamuhushura ku gutwi. Muri Nzeri na bwo hari undi witeguraga kumurasa wavumbuwe ataragira icyo akora muri Florida.

 

You Might Also Like

Parike y’igihugu y’Akagera igiye kwakira inkura 70 z’umweru

Perezida Archange Touadéra akomeje gusabwa n’uburusiya gusinyana n’abandi bacanshuro

Korali Ganza Kristo yo muri ADEPR Gasave yateguye igiterane cy’amashimwe kizamara iminsi 2

Joe Biden wahoze ayobora USA yasanzwemo akabyimba muri Prostate

Perezida José Mujica wafatwanga nk’umukene yitabye imana ku myaka 89

Wakibi Geoffrey May 16, 2025 May 16, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Kendrick Lamar yahize abaraperi bose ku rubuga rwa Apple Music

November 21, 2024
Andi makuru

Perezida Ruto nyuma yo guhura naba Guverineri yemeye ibyo ibyo asabwa

December 16, 2024
Andi makuru

Abagize Komite z’abaturage mu kwicungira umutekano biyemeje kurwanya ibyaha bitaraba aho batuye

December 16, 2024
Imikino

Ibivugwa muri Rayon Sports igomba gucakirana na Gasogi United!

January 11, 2024
Imyidagaduro

Ibya P Diddy bikomeje kuba agatereranzamba

October 2, 2024
Andi makuru

Kecapu n’umukunzi we bagiye kwibaruka

January 13, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?