SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ubuhamya bwa Cassie Ventura mu rubanza rwa P Diddy bushobora gutuma afungwa Burundu
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Ubuhamya bwa Cassie Ventura mu rubanza rwa P Diddy bushobora gutuma afungwa Burundu
Imyidagaduro

Ubuhamya bwa Cassie Ventura mu rubanza rwa P Diddy bushobora gutuma afungwa Burundu

Gossip Kigali
Last updated: 2025/05/14 at 12:48 PM
Gossip Kigali
Share
2 Min Read
SHARE

Cassie Ventura wahoze ari umukunzi wa Sean “Diddy” Combs [P.Diddy], yatanze ubuhamya mu Rukiko rw’i New York, mu rubanza aregwamo ibyaha birimo icuruzwa ry’abantu n’iterabwoba, agaragaza byinshi yakorewe n’ibyakorwaga n’uyu muhanzi.

Mu buhamya bwe, Cassie yavuze ko yamaze imyaka irenga 10 ahohoterwa na Diddy, birimo gukubitwa, gutotezwa mu mitekerereze, no guhatirwa gukora imibonano mpuzabitsina atabishaka.

Yatangaje ko yahatirwaga kwitabira ibirori by’imibonano mpuzabitsina (yise “freak offs”) birimo ibiyobyabwenge, byategurwaga na Diddy ubwe kandi akabifata amashusho. Ibi yabikorerwaga buri cyumweru mu gihe cy’imyaka hafi icumi, kandi ngo Diddy yakoresheje ayo mashusho kugira ngo amuhatire gukomeza kumwumvira.

Yagaragaje kandi ishusho yo mu mashusho ya camera ya hotel yo muri 2016 aho Diddy yamukubise bikomeye. Diddy yaje gusaba imbabazi ku mugaragaro.

Cassie kandi yavuze ko Diddy yamwigaruriraga mu buzima bwe bwose, akamutegeka uko yambara, icyo akora mu muziki, n’abo agomba guhura na bo. Yavuze ko igihe cyose atamwitabaga vuba kuri telefoni, yoherezaga abaza kumureba bakamugirira cyangwa abashinzwe umutekano kumushaka.

Abandi batangabuhamya barimo umugabo wahoze ari umukozi wa Diddy, bemeye ko yishyurwaga kugira ngo aryamane na Cassie mu gihe Diddy areba akanabifata amashusho.

Umucungamutekano wa hotel na we yavuze ko Diddy yigeze kumushaka ngo amugure nyuma y’iyo nkubiri yo muri 2016.

Diddy yahakanye ibi byaha byose, birimo icuruzwa ry’abantu, iterabwoba n’ubushukanyi mu ngendo zigamije uburaya.

Naramuka ahamijwe ibyaha, ashobora gukatirwa igifungo kiri hagati y’imyaka 15 n’ubuzima bwe bwose.
Muri uru rubanza rwatangiye ku ya 12 Gicurasi 2025, ubuhamya bwa Cassie wahoze ari umukunzi w’uyu muhanzi, bufatwa nk’inkingi ikomeye ku kirego no kugena ahazaza hacyo.

You Might Also Like

Juno yateguye igitaramo cyo kwishimira ibyo amaze kugeraho mu myaka itanu mu muziki we

Album 25Shades ya Bwiza izagera kw’isoko tariki ya 16 Gicurasi 2025

Abamurikamideli 15 nibo batsindiye gukorana na Naf Model Empire

Bushali ,Muhinde, Umushumba barishimiwe cyane mu gitaramo baherutse gukorera I Musanze (Amafoto)

Bishop Gafaranga yatawe muri yombi na RIB

Gossip Kigali May 14, 2025 May 14, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Javanix yahuje imbaraga na Theo Bosebabireba bakorana indirimbo bise Nzakagendana (Video)

July 28, 2024
Imyidagaduro

Igitaramo cyabahoze bagize Sauti sol I Kigali cyahinduriwe amatariki

October 15, 2024
Imikino

Abafana b’Arsenal bibutse umwaka umwe Dr Emmanuel Sefuku yitabye Imana (Amafoto)

April 3, 2023
Imyidagaduro

Diamond Platnumz wasubiye Iwabo yijeje abanyarwanda igitaramo cy’amateka

August 12, 2023
Imikino

Roland-Garros: Rafael Nadal yasezerewe mu majonjora

May 28, 2024
Imyidagaduro

Nemeye Platini yishimiye ko umuhigo yiyemeje wo gufasha abana ba Jay Polly yawesheje

May 1, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?