SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Trump yishimiye uko yakiriwe n’igikomangoma Bin Salman cy’Arabie Soudite
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Trump yishimiye uko yakiriwe n’igikomangoma Bin Salman cy’Arabie Soudite
Andi makuru

Perezida Trump yishimiye uko yakiriwe n’igikomangoma Bin Salman cy’Arabie Soudite

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul
Published: May 13, 2025
Share
SHARE

 Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye kugaragaza umubano wihariye n’ubuyobozi bwa Arabie Soudite , ubwo yahuraga n’Igikomangoma Mohammed bin Salman, bakagirana ibiganiro byagarutse ku ishoramari n’ubufatanye bukomeje gushinga imizi.

Mu magambo yuzuyemo ikuzo n’ubushuti, Trump yagize ati: “Ndumva koko dukundana cyane. Guhura na we ni icyubahiro gikomeye. Dufitanye umubano ukomeye cyane.”

Trump yakomeje ashimira Igikomangoma Mohammed bin Salman ku bw’ubwenge bwe, amwita “umunyabwenge urengeje imyaka ye”, anagaragaza uburyo amwizeye nk’umufatanyabikorwa w’ingenzi mu ruhando mpuzamahanga, by’umwihariko mu gushaka amahoro hagati y’Uburusiya n’Ukraina.

Nubwo Arabie Soudite  yigeze gushyirwa ku ruhande nyuma y’iyicwa ry’umunyamakuru Jamal Khashoggi mu 2018, Igikomangoma Mohammed bin Salman cyakomeje kugerageza kugarura umubano n’u Burengerazuba, cyane cyane Amerika iyobowe na Trump.

Ayo mahirwe asa n’aho yasubiranywe, dore ko Trump yanashimangiye ishoramari rya miliyari 600 z’amadolari  Arabie Soudite  yateganyije muri Amerika, avuga ko ashobora no kugera kuri triliyari imwe.

Trump wiyita “umugabo w’amasezerano” (deal-maker), yahisemo kugaruka cyane ku masezerano y’ubucuruzi yagezweho, aho kwinjira mu bibazo bikomeye byo muri aka karere birimo intambara hagati ya Hamas na Israel ndetse n’ibiganiro bikomeje hagati ya Amerika na Iran ku bijyanye n’intwaro kirimbuzi.

 

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Zelensky wa Ukraine
Ingabire Victoire  yongeye gufungwa
Perezida Kagame yageze i Beijing mu nama ihuza u Bushinwa na Afurika(Amafoto)
Dosiye ya CG (rtd) Emmanuel Gasana yagejejwe mu rukiko
Yvan Muziki yongeye kugaruka ku butabazi Perezida Kagame yakoreye umubyeyi we .
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Win Safe Pokies Deposit Casino

September 5, 2023

The Top Online Pokies And Casinos In New Zealand Now

May 28, 2024

Aladdin Casino 100 Free Spins Bonus 2025

February 25, 2025

Online Casino Affiliate Website

May 28, 2024

Free Slots Ireland Online

May 28, 2024

Safe Pokies Gambling

September 5, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?