SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Ramaphosa yakuriye inzira abakeka ko afitanye ikibazo na Perezida Kagame
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Ramaphosa yakuriye inzira abakeka ko afitanye ikibazo na Perezida Kagame
Andi makuru

Perezida Ramaphosa yakuriye inzira abakeka ko afitanye ikibazo na Perezida Kagame

Ahupa Radio
Last updated: 2025/05/13 at 9:01 AM
Ahupa Radio
Share
3 Min Read
Rwandan President Paul Kagame speaks next to South African President Cyril Ramaphosa during a panel at the Africa CEO Forum in Abidjan, Ivory Coast, May 12, 2025. REUTERS/Luc Gnago
SHARE

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, yakuriye inzira  ku muriama  abakeka  ko umuriro wakwaka mu gihe yaba yicaranye na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda bibeshya.

Ramaphosa yabitangarije i Abidjan muri Côte d’Ivoire, aho kuri uyu wa Mbere tariki ya 12 Gicurasi we na Perezida Paul Kagame bitabiriye ikiganiro kijyanye n’nama ya Africa CEO Forum iri kuhabera.

 Abakuru b’ibihugu bombi bahuye mu gihe muri Gashyantare uyu mwaka umwuka wabaye mubi hagati y’u Rwanda na Afurika y’Epfo, kubera kutajya imbizi ku bijyanye no kuba kiriya gihugu cyari gifite ingabo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

 Ni ingabo Afurika y’Epfo yohereje muri kiriya gihugu kurwanya umutwe wa M23 biciye mu butumwa bwa SADC.

 Muri Mutarama uyu mwaka ubwo abasirikare barenga 10 ba Afurika y’Epfo bicirwaga mu mujyi wa Goma, Ramaphosa yavuze ko bishwe bigizwemo uruhare na M23 ndetse n’ingabo z’u Rwanda yise “umutwe witwara gisirikare”.

 Ni amagambo yakuruye ubushyamirane no guterana amagambo gukomeye hagati ya Kigali na Pretoria, kugeza Perezida Paul Kagame aburiye Ramaphosa ko “Afurika y’Epfo niba ishaka intambara u Rwanda ruzakemura ikibazo muri ubwo buryo.”

 Kagame na Ramaphosa ubwo bahuriraga i Abidjan, ingingo ijyanye n’ikibazo cy’umutekano muke wo mu burasirazuba bwa RDC iri mu zo baganiriyeho.

 Umunyamakuru Larry Madowo wa CNN wari uyoboye ikiganiro yabajije Perezida Kagame niba gushakira igisubizo mu biganiro bya Doha atari ukudaha agaciro inzira yo kwishakamo ibisubizo ku Mugabane wa Afurika, kuko bigaragara ko inama imwe yagiranye na Tshisekedi i Doha, yatanze umusaruro kurusha ibiganiro bya Luanda na Nairobi byari bimaze igihe.

 Perezida Kagame yamusubije ko “hari ibiganiro byinshi biri kubera icya rimwe, ndetse n’ibyo turi kuvuga yaba ibya Qatar na Amerika ntabwo twavuga ko twageze ko cyo twifuzaga, buri wese ari kugerageza.”

 Perezida Kagame yavuze ko hari byinshi Umugabane wa Afurika umaze guteramo intambwe birimo gukorera hamwe no kwishakamo ibisubizo mu bijyanye n’ubutumwa bwo kugarura amahoro.

 Yavuze ko Abanyafurika bagomba kugira uruhare rukomeye mu kugena icyerekezo baganamo, ariko bikajyana n’ubundi no gukorana n’abafatanyabikorwa.

 Ramaphosa yahise asaba ijambo, avuga ko “ku bijyanye n’inzira y’amahoro by’umwihariko ku makimbirane ari ku mugabane wacu, cyane cyane mu Burasirazuba bwa RDC, nshaka kunganira, aho kuvuguruza ibyo Perezida Kagame ari kuvuga.”

 Yakomeje avuga ko ibiganiro bya Nairobi cyangwa ibya Luanda n’ibya Afurika Yunze Ubumwe byabaye ingenzi cyane mu kubaka umusingi mu gukemura ikibazo cyo muri RDC no guharura inzira yatumye hafatwa icyemezo cyo gucyura ingabo za SADC zari i Goma.

 Yagaragaje ko abatekereza ko adashobora kwicarana na Perezida Kagame, bibeshya.

 Ati “Abantu bashobora gutekereza ko njye na Perezida Kagame dufitanye amakimbirane ndetse bamwe muri mwe mushobora gutekereza ko hashobora kwaka umuriro mu gihe twicaye twegeranye.”

 

 

 

You Might Also Like

Qatar igiye guha USA indege ya Boeing 747-8 izakoreshwa nka Air Force One

Umusirikare wa FARDC yinjiye mu rusengero arasa abarimo umwana w’amezi 4 bahasiga ubuzima

Bisi zikoresha amashanyarazi zatangiye kugeragezwa gutwara abagenzi mu Ntara

Cardinal Robert ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatorewe kuba Papa Mushya afata izina rya Leon XIV

U Rwanda rwasinyanye amasezerano n’isosiyete E7 yo muri UAE

Ahupa Radio May 13, 2025 May 13, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Amahoro Industries Ltd ,KTN Rwanda na bandi benshi begukanye ibihembo bya KIMFEST Awards 2023 (Amafoto )

June 5, 2023
Imikino

Perezida w’umukino wa Taekwondo ku Isi ari mu Rwanda

May 5, 2025
Andi makuru

#Kwibuka 29 : Nyanza ya Kicukiro hibutswe Abatutsi barenga 3000 basinzwe muri Eto n’Ingabo za ONU

April 12, 2023
Iyobokamana

Grace Room Ministries ya Pastor Julienne Kabanda yateguye igiterane cyo kwishimira imyaka 5 imaze

November 21, 2023
Andi makuru

Perezida Kagame yazamuye mu ntera abapolisi basaga 4000

June 7, 2023
Imyidagaduro

Canal + yatangije poromosiyo yiswe ‘buri munsi ni ibirori’ mu rwego rwo gushimisha abakiliya bayo mu minsi mikuru

November 15, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?