SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Eddie Mutwe ushinzwe umutekano wa Bobi Wine yagejejwe mu rukiko ashijwa ubujura
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Eddie Mutwe ushinzwe umutekano wa Bobi Wine yagejejwe mu rukiko ashijwa ubujura
Andi makuru

Eddie Mutwe ushinzwe umutekano wa Bobi Wine yagejejwe mu rukiko ashijwa ubujura

Wakibi Geoffrey
Wakibi Geoffrey
Published: May 6, 2025
Share
SHARE

 Eddie Mutwe ukuriye abacungira umutekano umunyapolitiki Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yarezwe ibyaha bitandatu birimo ubujura bukomeye no gukubita.

 Ni nyuma y’iminsi mike Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akanaba umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Gen Muhoozi Kainerugaba, yigamba ko yamufunze.

 Umwunganizi mu mategeko wa Mutwe, yavuze ko umukiliya we yakorewe iyicarubozo.

 Magellan Kazibwe yabwiye ikinyamakuru Daily Monitor ko yakubitishijwe “insinga z’amashanyarazi”.

 Yunzemo ko Eddie Mutwe (ubusanzwe yitwa Edward Sebuufu) afite “ububabare bukomeye” ndetse ko yanakanzwe cyane “imyanya ye y’ibanga”.

 Kazibwe yabwiye abanyamakuru ko Sebuufu yafatishijwe amashanyarazi ku mubiri (ibizwi nka ‘électrocution’) kandi ko itsinda ry’uyu munyamategeko riteganya kumujyana ku bitaro.

 Ubwo Eddie Mutwe yajyanwaga mu rukiko rwo mu mujyi wa Masaka ku wa mbere, abashinzwe umutekano bagerageje kumukingiriza kugira ngo itangazamakuru ritamubona.

 Icyakora amashusho yashyizwe hanze amwerekana yambaye ibirenge, ndetse atambuka bimugoye.

 Mu cyumweru gishize, Gen Kainerugaba yatangaje ku mbuga nkoranyambaga ko yafunze Eddie Mutwe, ndetse anavuga ko yamwogoshe nyuma yo kumwigisha urunyankole.

 Ifungwa rye ryabaye mu gihe Uganda yitegura amatora yo mu mwaka wa 2026. Museveni, umaze imyaka 39 ku butegetsi, yitezwe guhatana na Bobi Wine.

 Impirimbanyi nyinshi z’uburenganzira bwa muntu zamaganye ifungwa rya Sebuufu, ndetse Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu muri Uganda yasabye ko arekurwa aka kanya.

 Imiryango itegamiye kuri leta na yo yaburiye ko ifungwa rye riri mu gikorwa kiri kuri gahunda kigamije gucecekesha abafite ibitekerezo bitandukanye n’ibya leta, ndetse no gusyonyora abatavuga rumwe n’ubutegetsi, mbere y’amatora rusange.

 Leta ku ruhande rwayo igaragaza abatavuga rumwe n’ubutegetsi nka ba nyirabayazana y’ubushyamirane hagati y’abasivile na polisi, ndetse ibashinja gukora za mitingi nta ruhushya bafite.

 

Amanota y’ibizamini bya Leta yasohotse
Perezida Kagame yayoboye Inama nkuru ya gisirikare
Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni
Umugaba Mukuru w’ingabo z’U Rwanda Gen Mubarakh Muganga yatangiye urugendo rw’akazi muri Ethiopian
Perezida Trump yemeje ko Israel na Iran byemeye guhana agahenge
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Slot Online Gaming

February 25, 2025

What Happened To Emu Casino

May 28, 2024

Best Casino Sites No Wagering Requirements Ireland

September 25, 2018

What Are The Best Online Casinos In Ireland For Card Games That Accept Deposits

October 11, 2019

Sw Casino App Download

May 28, 2024

What Are The Best Free Spins Casinos In Ireland

May 28, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?