SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Semuhungu yavuye imuzi ibya Traffic n’umushinga we yise Semuhungu Experience
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Semuhungu yavuye imuzi ibya Traffic n’umushinga we yise Semuhungu Experience
Imyidagaduro

Semuhungu yavuye imuzi ibya Traffic n’umushinga we yise Semuhungu Experience

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul Published May 2, 2025
Share
SHARE

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 2 Gicurasi 20 nibwo Eric Semuhungu uri mu bakunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga ndetse no gutegura ibirori bikomeye hano muri Kigali yamuritse umushinga mushya yise Semuhungu Experience ..

Ni mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru cyabereye muri the sky sport Lounge aho yavuze byinshi ku mushinga we mushya agiye gutangira gukora nyuma y’uko atagikorana na Mc Nario na Dj Caspi bakoranaga muri Traffic Jam .

Eric yavuze ko uyu mushinga ari umushinga munini yategiye mu rwego rwo gukomeza gushimisha abakunzi nibwo benshi baziko batandukanye n ‘ itsinda rya Traffic Jam yahuriragamo n’inshuti .

yavuze ko nta kibazo na kimwe yigeze agirana na bagenzi uretse ko bahisemo gukora uko bashaka kubera ko hari ibyo batumvikanagaho mu mikorere yabyo ariko akibafata nk’abavandimwe akaba anateganya kuzongera gukorana nabo mi gihe cyose bazamenya urwego bariho.

ku bijyanye n’umushinga wa Semuhungu Experience yavuze ko ari umushinga munini amaze igihe ategura ukubiyemo gutegura ibitaramo bitandukanye mu buryo butandukanye cyane nubwo yari asanzwe ateguramo ibindi birori yagiye ategura mu bihe bitandukanye.

Kw’ikubitiro ibirori bya Semuhungu Experience bizatangirira muri The Sky Sport Lounge kuri iki cyumweru tariki 4 Gicurasi 2025 aho azasangira na abakoresha imbuga nkoranyambaga n’abandi bose babishaka kuko ntawuheje aho kuri uwo munsi buri wese uzabyitabira azajya yigurira icupa ry’inzoga akunda hanze mu iduka akaryishyurira ibihumbi 10 akaryinjirana n’inshuti ze ariko ryashiramo ntabe yemereye kuzana irindi ahubwo akarigura imbere .

yakomeje avuga ko ari ibirori bizajya biba buri Dimanche ariko bikazajya biba bitandukanye bitewe nuko babiteguye bitazahora ari ukuzana icupa muri buri birori .

Semuhungu kandi yijeje abakunzi be ko atazabateguha mu kubategurira ibirori byiza .

Abajijjwe ku bijyanye na Twahirwa Moses uzwi nka Moshions yagize agahinda kenshi avuga yari inshuti ye ariko nyuma yibyo yakoze yitandukanyije nawe ariko amusabira ko yagenda agahanwa nyuma akazagaruka mu buzima yari asanzwemo .

Semuhungu nyuma yo kuganira n’abanyamakuru ibijyanye n’umushinga we mushya yabajijwe ku buzima bwe busanzwe maze yisanzuye abasubiza ibyo bifuzaga byose kugeza aho yababwiye ko amaze iminsi mu masengesho aho yahishuriwe ko azibaruka umwana uburyo ubwo aribwo bwose buzashoboka .

Mu gusoza Semuhungu yatumiye abakunzi be mu birori Freaky Friday yateguye muri Inferno Lounge Kimihurura kuri uyu wa gatanu aho azaba ari kumwe na Dj Bula na Dj Sweety

You Might Also Like

Abanyarwenya Babu Joe,Rusine na Prince bashinze itsinda rya muzika bise Aba-sinzi Gang

Ku nshuro yaryo ya 2 Iserukiramuco I Am Hip Hop Festival rizitabirwa n’abaraperi barenga 25

Fatakumavuta yakatiwe imyaka ibiri n’igice ababarirwa ibyo yarezwe na The Ben

Kety Blaisia wakuze yoza mu mutwe abandi yafunguye iye Salon de Coiffure

Nadia wo muri filime umuturanyi yahishuye ko akazi kubu Vixen atagakora nk’umwuga

Nsanzabera Jean Paul May 2, 2025 May 2, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Ibihembo bya Isango na Muzika Awards bigiye gutangwa ku nshuro yabyo ya 5

September 4, 2024
Imyidagaduro

Cyusa Ibrahim yatuye indirimbo ye nshya yise Muvumwamata Nyirakuru

March 7, 2025
Imikino

FERWABA yatangaje uko amakipe azahura mu mwaka w’imikino wa 2024

January 30, 2024
Imyidagaduro

Knowless na Clement bakuriye inzira ku murima kubirirwa babaza impamvu baterekana abana babo

January 9, 2025
Andi makuru

Uganda: Perezida Museveni yasezeyeho bwa nyuma Minisitiri Col(Rtd) Charles Engola Okello

May 11, 2023
Andi makuru

Abaskuti biyemeje gutera ibiti byera imbuto ziribwa mu cyumweru cyahariwe ubuskuti mu Rwanda

February 18, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?