SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ibyishimo ni byose ku bamotari nyuma yo kugabanyirizwa amande bacibwaga
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Ibyishimo ni byose ku bamotari nyuma yo kugabanyirizwa amande bacibwaga
Andi makuru

Ibyishimo ni byose ku bamotari nyuma yo kugabanyirizwa amande bacibwaga

Ahupa Radio
Ahupa Radio Published April 30, 2025
Share
SHARE

Nyuma y’igihe abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu biciye kuri moto batakamaba ko amafaranga yámande bakatwa kuri buri kosa ari menshi , abakora uyu mwuga  bari mu byishimo byinshi  nyuma y’uko bijejwe ko amande bacibwaga yagabanyijwe ndetse ku buryo atazongera kurenga ibihumbi 10 Frw.

Ibi baitangarijwe  Kuri uyu wa Gatatu ubwo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Olivier Kabera ari kumwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Félix Namuhoranye ndetse n’Umuyobozi mukuru w’Urwego Ngenzuramikorere, RURA, Evariste Rugigana, bakoranye inama n’abamotari bakorera mu mujyi wa Kigali kuri Kigali Pelé Stadium.

Kimwe mu byari bigamijwe muri iyi nama, ni ukubasobanurira umushinga mushya w’Itegeko ku mutekano wo mu muhanda ndetse n’ibindi, hagamijwe kunoza ubunyamwuga bw’abatwara moto.

Abitabiriye inama baganiriye kandi ku by’ingenzi biri mu mushinga w’itegeko rigena amabwiriza y’imihanda n’uburyo bwo kuyigendamo uherutse kwemezwa n’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 17 Mata 2024. Ibindi byaganiriweho, birimo isuku n’isukura, uruhare rw’abatwara abagenzi kuri moto mu kugabanya impanuka zo mu muhanda n’uburyo amafaranga y’ubwishingizi yagabanyuka ku bakora uyu mwuga barangwa n’imyitwarire myiza mu muhanda.

Inkuru nziza Abamotari batahanye, ni uko nta mumotari uzongera gucibwa mande arenze ibihumbi 10 Frw ku makosa bakorera mu muhanda nk’uko byemejwe na CG Félix Namuhoranye uyobora Polisi y’u Rwanda.

Uyu Muyobozi, yabwiye Abamotari ko ibi bikubiye mu Itegeko rishya rigenga ibihano ku makosa yo mu muhanda. Gusa nyuma y’ibi, basabwe gukora kinyamwuga birinda gutwara banyweye ibisindisha, kubahiriza amategeko yo mu muhanda no kubaha abo batwara.

Abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu kuri Moto, bakomeje kugaragaza ko barenganywa kenshi ku makosa bakorera mu muhanda, aho bavugaga ko bacibwa amande y’umurengera atangana n’amakosa bakorera mu muhanda.

 

You Might Also Like

Natty Dread yitabye Imana azize Kanseri

Uruganda rwa skol Rwanda rwishimiye Imidari ibinyobwa byarwo byegukanye mu marushanwa ya Monde Selection

Iran yagabye ibitero kuri Israel ikoresheje Drone zirenga 100

Israel yishe abayobozi bakuru mu ngabo za Iran

Amashimwe menshi kuri Ariel Wayz nyuma yo kwinjira mu nzu ifasha bahanzi ya Universal Music Group

Ahupa Radio April 30, 2025 April 30, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Umwami wa Jordanie yasuye Urwibutso Jenoside rwa Gisozi yunamira inzirakarengane zirushyinguyemo

January 8, 2024
Andi makuru

Goma :Sosiyete sivile irasaba leta kugabanya ingabo muri uwo mujyi

August 28, 2024
Andi makuru

Perezida wa Pologne Andrzej Duda na Madamu we bageze i kigali

February 6, 2024
Andi makuru

Abanyeshuri 9 bafite ubumuga mu bitwaye neza mu irushanwa ryateguwe n’isomero rya Kigali

May 19, 2024
Andi makuru

#Kwibuka29: Miss Aurore Kayibanda yibukije Abanyarwanda ko bafite umukoro wo kusa ikivi cy’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

April 7, 2023
Andi makuru

Paul Kagame yafunguye ku mugaragaro inyubako ya Radiant Building

May 24, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?