SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Meddy n’Umugore we Mimi bibarutse umwana wa kabiri
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Meddy n’Umugore we Mimi bibarutse umwana wa kabiri
Imyidagaduro

Meddy n’Umugore we Mimi bibarutse umwana wa kabiri

Gossip Kigali
Gossip Kigali Published April 28, 2025
Share
SHARE

Meddy uri mu bahanzi bamaze kubaka izina mu Rwanda no hanze yarwo, yagaragaje ko we n’umugore we Mimi Mehfira bibarutse umwana w’umuhungu.

Meddy abinyujije ku rubuga rwa Instagram yagaragaje ko uyu mwana bamwise Zayn M Ngabo. Avuga ko nta kuzuyaza ubuntu bw’Imana buhora bumuriho iteka ryose aho agenda.

Uyu muhanzi yabitangaje nyuma y’ubundi butumwa yari yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram, aho yanditse avuga ko azabwira amahanga yose ibyiza Imana yamukoreye.

Ati “Nzabwira Isi ibyo wankoreye.”

Muri Werurwe 2022, nibwo uyu muryango wibarutse imfura y’umukobwa bamwita Myla Ngabo.

Ngabo Médard Jobert ndetse na Mimi Mehfira ukomoka muri Ethiopia, barushinze ku wa 22 Gicurasi 2021.

Ni mu birori biryoheye amaso byabereye muri Dallas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, byitabirwa na benshi mu byamamare mu Rwanda barimo King James, K8 Kavuyo, Shaffy, The Ben, Adrien Misigaro, Miss Grace Bahati n’abandi.

Imbuto y’urukundo rwa Meddy na Mimi yatangiye kubibwa kuva muri Kanama 2017. Muri Kanama 2018, Mimi kwiyumanganya byaranze maze asuka hanze amarangamutima ye yifuriza isabukuru uyu muhanzi.

Icyo gihe, yashyize kuri Instagram ifoto ari kumwe na Meddy, ayiherekeza amagambo y’Ikinyarwanda amubwira ati “Mutima wanjye, ndagukunda”, arangije ashyiraho utumenyetso tw’umutima.

Meddy wamenyekanye mu muziki w’indirimbo zisanzwe amaze igihe yariyeguriye Imana ndetse aririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza. Aheruka gushyira hanze indirimbo yise “Blessed”.

 

You Might Also Like

Umunyamakurukazi Mugire Bianca mu gahinda ko kwibirwa Imodoka ye Mu rugo iwe

Nyuma y’Abarimo Ariel Wayz,Juno Kizigenza ,Kevin Kade na Nel Ngabo Kivumbi yongerewe mu bazaririmba mu bitaramo bya Mtn Iwacu na Muzika

R Kelly yahishuye ko ubuzima bwe bugeramiwe muri Gereza afungiyemo

Ibyifuzo byababuranira P Diddy byongeye kwangwa mu rukiko

King James yahishuye ko azakora ibitaramo byinshi ubwo azaba yizihiza imyaka 20 amaze mu muziki

Gossip Kigali April 28, 2025 April 28, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Abagize itsinda rya Kigali Boss Babes bahishuriye abakiri bato ko bagomba gukora cyane kugira bagere kubyo bifuza

December 28, 2023
Andi makuruImikino

Inferno Lounge Bar yateguriye abakiliya bayo amarushanwa ya Pool Table

September 20, 2023
Imyidagaduro

Jivah record yasinyishije Producer Loader yiyemeza guteza imbere impano zikizamuka

August 19, 2024
Andi makuru

Minisitiri w’Intebe Garry Conille wa Haïti yegujwe ku mirimo ye

November 11, 2024
Imikino

FIA yateye utwatsi ibyo guhagarika inama yayo mu Rwanda

October 14, 2024
Imyidagaduro

Jose Chameleon yageze I Kigali aherekejwe na Teta Sandra yanga kuganira n’itangazamakuru

May 23, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?