SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Maj Gen Joseph Nzabamwita yatanze ibyangombwa byo guhagararira u Rwanda mu Burusiya
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Maj Gen Joseph Nzabamwita yatanze ibyangombwa byo guhagararira u Rwanda mu Burusiya
Andi makuru

Maj Gen Joseph Nzabamwita yatanze ibyangombwa byo guhagararira u Rwanda mu Burusiya

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/04/23 at 7:51 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
1 Min Read
SHARE

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 22 Mata, Maj Gen Joseph Nzabamwita, Ambasaderi w’u Rwanda wagenwe mu Burusiya, yashyikirije Mikhail Bogdanov, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burusiya, ibyangombwa bimwemerera guhagararira igihugu cye I Moscow.

Nzabamwita yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya mu Kuboza 2024.

Yabanje kuba Umujyanama wa Perezida ku bijyanye n’umutekano, kandi mbere yaho, yabaye Umunyamabanga Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutasi n’umutekano (NISS).

Nzabamwita yasimbuye Lt Gen Mushyo Kamanzi, wari ambasaderi mu Burusiya kuva mu 2019.

Nk’uko Ambasade y’u Rwanda mu Burusiya ibivuga, umubano  w’ibihugu byombi watangijwe mu 1963.

Kugeza ubu, ibihugu byombi bifite umubano mwiza binyuze mu butumwa bwa diplomasi ku rwego rwa za ambasade.

Ubufatanye bw’ibihugu byombi bugaragara mu nzego za politiki, igisirikare, uburezi, iterambere ry’abakozi, amahugurwa, n’umuco.

Ibihugu byombi kandi bifite ubufatanye mu iterambere ry’ingufu za nikeleyeri.

U Burusiya butanga buruse za kaminuza ku banyarwanda, n’amahugurwa amwe ku bapolisi.

Abanyeshuri bo mu Rwanda bagera kuri 800 barangije kaminuza zo mu Burusiya mu myaka 50 ishize mu byiciro bitandukanye birimo amategeko, ubuvuzi, ibibazo mpuzamahanga, no mu bumenyi bwa politiki.

Abanyarwanda bafite pasiporo za service n’iz’abadipolomate na bo bazajya bajya mu Burusiya nta viza basabwe nyuma yo gushyira umukono ku masezerano yo mu Gushyingo 2024.

 

You Might Also Like

Perezida Tshisekedi yahaye indabo Minisitiri Kayikwamba amushimira akazi ari gukora

Corneille Nangaa yatangaje ko M23 igiye gusimbura FRDC yasenyutse

Abanyarwanda Sadati Munyakazi,Clare Akamanzi na Bruce Melodie mu bazitabira inama ya 100 Most Notable Africans Leadership and Business Summit 2025

Perezida Paul Kagame yifurije abayisilamu bo mu Rwanda umunsi mwiza wa Eid AL Adha

Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije umunsi mukuru wa Eid Al Adha

Nsanzabera Jean Paul April 23, 2025 April 23, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Iyobokamana

Chorale Christus Regnat yahembuye imitima y’abitabiriye igitaramo cyabo (Amafoto)

November 20, 2023
Andi makuru

Aba Tanzania ntibavuga rumw ku kibumbano cya Tanzania cyashyizwe ku kicaro cya AU

February 19, 2024
Imikino

U Rwanda rwaburiye Congo na Loni ku gukomeza gukerensa FDLR

January 16, 2019
Imyidagaduro

Kigali Auto Show yongeye gusiga amateka ku bakunzi ba Moto n’imodoka sidasanzwe (Amafoto)

August 4, 2024
Imyidagaduro

#Kwibuka31:Bwiza yasabye urubyiruko kudaceceka mu gihe hari abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

April 9, 2025
Imyidagaduro

Kevin Hart n’umuryango we basuye urwibutso Jenoside rwa Kigali

July 20, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?