SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Dj Ira yamaze guhabwa Ubwenegihugu bw’u Rwanda
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Dj Ira yamaze guhabwa Ubwenegihugu bw’u Rwanda
Imyidagaduro

Dj Ira yamaze guhabwa Ubwenegihugu bw’u Rwanda

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/04/16 at 8:17 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Iradukunda Grace Divine wamamaye nka DJ Ira mu kazi ko kuvanga umuziki, nyuma yo kwemererwa ubwenegihugu na Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Mata 2025, yarahiriye ku mugaragaro kuba Umunyarwandakazi byemewe n’amategeko.

Tariki 16 Werurwe 2025, ubwo Perezida Kagame yari yahuriye n’abaturage bo mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali muri BK Arena, nibwo Dj Ira yamusabye ubwenegihugu bw’u Rwanda.

DJ Ira ubwo yafataga ijambo yashimye uko yakiriwe mu Rwanda ndetse anageza icyifuzo cye kuri Perezida Kagame cyo guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda.

Yagize ati “Icyifuzo cyanjye ni ukubasaba ubwenegihugu bw’u Rwanda nkitwa umwana w’Umunyarwandazi nkibera uwanyu.”

Perezida Kagame yahise amwemerera ko ubwo bwenegihugu abuhawe, amusaba gukomeza gukurikirana inzira zisabwa ngo umuntu ahabwe ubwenegihugu bw’u Rwanda.

Ati “Ababishinzwe hano babyumvise? Ndabikwemereye ahasigaye ubikurikirane. Ibisigaye ni ukubikurikirana mu buryo bigomba gukorwa gusa, nakubwira iki.”

DJ Ira ubusanzwe ni umurundikazi wahiriwe n’uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda by’umwihariko mu birebana no kuvanga umuziki.

Ku ya 7 Mata 2025, Urwego rw’Igihugu rushinzwe abinjira n’abasohoka mu gihugu nibwo rwatangaje urutonde rw’abantu 36 bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda, barimo Iradukunda Grace Divine wamamaye nka DJ Ira.

Ubusanzwe ubwenegihugu bw’u Rwanda buboneka mu buryo butandukanye nko kuba waravukiye ku butaka bw’u Rwanda, ubwenegihugu bw’inkomoko, ubwenegihugu buturuka ku gushyingiranwa, mu gihe hari n’ubuturuka ku kugirwa Umunyarwanda n’ibindi.

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul April 16, 2025 April 16, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Vava Dorimbogo yashyinguwe mu cyubahiro

July 29, 2024
Imyidagaduro

Orchestre Impala n’abakunzi bayo basuye urwibutso rwa Gisozi bunamira inzirakarengane zirushyinguyemo

May 14, 2024
Andi makuru

Itsinda rya Twin Vibes ryashyize hanze indirimbo yaryo ya Mbere ryise Energy (Video )9

May 22, 2024
Andi makuruImyidagaduro

Ange Kagame yashimangije alubumu ya Ruti Joel yise Musomandera

January 13, 2023
Imyidagaduro

Christopher yateguje ibitaramo muri Canada

January 17, 2024
Kwamamaza

Kigali Tents ikomeje kuza kw’isonga mu gukora amahema meza mu Rwanda

January 22, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?