SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Dr Murangira yanenze Umudj wagiye gucurangira muri Uganda mu gihe cyo kwibuka
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Dr Murangira yanenze Umudj wagiye gucurangira muri Uganda mu gihe cyo kwibuka
Andi makuru

Dr Murangira yanenze Umudj wagiye gucurangira muri Uganda mu gihe cyo kwibuka

Wakibi Geoffrey
Last updated: 2025/04/16 at 12:21 PM
Wakibi Geoffrey
Share
2 Min Read
SHARE

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwavuze ko hari umu-Dj wacurangiye mu gihugu cya Uganda mu gihe cy’Icyumweru cy’Icyunamo maze nyuma abisakaza ku mbuga nkoranyambaga.

Binyuze mu muvugizi w’uru rwego, Dr. Murangira B. Thierry agaragaza ko ibyo uyu mu-Dj utavuzwe amazina yakoze ari igikorwa kigayitse akwiye kuzafatira umwanya agasaba imbabazi.

Dr. Murangira B. Thierry yatangaje Ibi mu kiganiro yagiranye na Radio/Tv10 kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Mata 2025, aho yagarukaga mu buryo burambuye ku byaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside byagaragaye mu Cyumweru cy’Icyunamo kuva tariki 7 Mata kugeza tariki 13 Mata 2025.

Uyu muvugizi yavuze ko Kwibuka ari inshingano za buri munyarwanda ariko ‘ntawe ubihatirwa’. Avuga ko mu gihe cyo kwibuka hari umu-DJ w’umunyarwanda wagiye muri Uganda acurangirayo, nyuma asakaza ku mbuga nkoranyambaga ze agaragaza ko yahagiriye ibihe byiza.

Umuvugizi yagize ati “Iyo ugenda ugacuranga ntakibazo. Ariko gufata (amashusho) werekana ko warimo ucuranga wishimisha (usepera) kwa kundi kwabo akabishyira ku mbuga azi ko akurikirwaho n’abanyarwanda, hari abo yakomerekeje. Nacyo ni igikorwa cy’ububwa.”

Dr. Murangira yakomeje avuga ko buri munyarwanda wese akwiye kugira uruhare mu kubaka u Rwanda ruzira ingengabitekerezo ya Jenoside, imvugo zikurura amacakubiri n’ibindi.

Dr. Murangira B. Thierry yavuze ko”Niba rero wumva ngo mu kwa Kane (Mata) kuko ngo mu Rwanda nta hantu bari gucuranga ugasimbuka hariya, wakumva hano ngo ibitaramo biraje ukongera ukagaruka, biragayitse.”

Murangira ntiyavuze mu izina Umu-DJ wakoze ibi, ariko yamusabye kuzafata umwanya agasaba imbabazi Abanyarwanda. Ati “Nubwo utabona itegeko ryamuhaka ariko biragayitse, yumve ko tumugaye. Ntabwo umuntu nk’uriya w’icyitegererezo ariwe wagakoze biriya. Bikorere iyo ng’iyo ntawe ukeneye no kubimenya. Ariko reka kubigarura ngo ubipositinge (ubishyire ku mbuga zawe) abandi bari kwibuka, barababaye, wowe uragaragaza ko uri gusepera (kwishimisha) muri ariya mafuti. Ni ibintu bigayitse. Nawe azafate umwanya asabe Abanyarwanda imbabazi.”

Yasoje avuga ko ari ubugwari kuba umuntu yakwishimana n’Abanyarwanda akabacurangira mu bihe bisanzwe, hanyuma byagera mu gihe cyo Kwibuka akabatera umugongo.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Wakibi Geoffrey April 16, 2025 April 15, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Jimmy Gatete yagarutse mu Rwanda

May 7, 2024
Ikoranabuhanga

Airtel Africa yinjiye mu bufatanye na SpaceX bugamije gukwirakwiza internet ya Starlink,

May 6, 2025
Andi makuru

Umwami Charles III w’u Bwongereza n’Umwamikazi Camilla bagiye kugirira uruzinduko I Vatican

March 18, 2025
Imyidagaduro

Bruce Melodie yanyuzwe nibyakozwe na The Ben ku ndirimbo ye Sowe

July 25, 2024
Andi makuru

Urubyiruko rukoresha Tik Tok rwiyemeje kurwanya abafobya Jenoside yakorewe Abatutsi binyuze ku mbuga nkoranyambaga

April 12, 2023
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yunamiye Papa Francis witabye Imana

April 22, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?