SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: #Kwibuka31: Ntabwo twibuka kugira ngo tugume mu gahinda ahubwo twibuka kugira ngo turinde ejo hazaza : Kate Bashabe
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > #Kwibuka31: Ntabwo twibuka kugira ngo tugume mu gahinda ahubwo twibuka kugira ngo turinde ejo hazaza : Kate Bashabe
Andi makuru

#Kwibuka31: Ntabwo twibuka kugira ngo tugume mu gahinda ahubwo twibuka kugira ngo turinde ejo hazaza : Kate Bashabe

Ahupa Radio
Last updated: 2025/04/10 at 3:37 PM
Ahupa Radio
Share
2 Min Read
SHARE

Kate Bashabe yifatanyije n’AbanyaRwanda mu kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse atanga ubutumwa bw’ihumure.

 Kuva ku wa 07 Mata 2025, mu Rwanda ndetse no ku Isi hose hatangiye icyumweru cy’icyunamo ndetse n’iminsi 100 uri rusange yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Kate Bashabe umwe mu bakurikiranwa n’abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga, yibukije abamukurikirana ko Jenoside yakorewe Abatutsi yari yarateguwe ndetse ishyirwa mu bikorwa bigendanye n’imitegurire yabo ndetse avuga ko kwirengagiza no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ari igikorwa kidakwiye kwihanganirwa.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Kate Bashabe yagize ati “Muri Mata 1994, Abatutsi barenga miliyoni barishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye mu minsi 100. Ntabwo yari intambara y’abasivire byari ihohotera ndengakamere.”

Yakomeje agira ati “Byari Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe neza ishyirwa mu bikorwa. Ukuri ni ingenzi, reka tubivuge uko biri. Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ni igikorwa kibi kandi guceceka ni ukwifatanya n’abakoze Jenoside.”

Kate Bashabe avuga kandi ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi atari ukugira ngo abantu bagume mu gahinda ahubwo ari ukugira ngo ‘turinde ejo hazaza’ ndetse no kuvuga amateka mabi yaranze u Rwanda uko ari ndetse gukosora bamwe mu bashaka kugoreka ayo mateka.

Yagize ati “Ntabwo twibuka kugira ngo tugume mu gahinda ahubwo twibuka kugira ngo turinde ejo hazaza. Buri gihe jya ukosora abagoreka amateka, musangize inkuru z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse munacane urumuri rw’uburwanyi.”

Asoza ubutumwa bwe agira ati “Ntituzahagarare. Bitari uko ari muri Mata ahubwo iteka ryose.”

 

 

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Ahupa Radio April 10, 2025 April 10, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Burna Boy yatangaje ko kugira ataramire mu Rwanda byasaba Miliyari 1.5 ya FRw

May 27, 2024
Andi makuru

Abaskuti biyemeje gutera ibiti byera imbuto ziribwa mu cyumweru cyahariwe ubuskuti mu Rwanda

February 18, 2024
Imyidagaduro

Patoraking yasuye abanyeshuri afasha biga muri African Leadership University I Kigali

May 6, 2024
Ubuzima

Airtel Money Rwanda na Radiant Insurance batangije ubwishingizi bise Ingoboka cash (Amafoto)

July 18, 2024
Imyidagaduro

Imbamutima za Niragire Marie France wishimira ibyo yagezeho nyuma y’imyaka 30 u Rwanda rwibohoye

March 8, 2024
Andi makuru

CG (Rtd) Gasana yajuririye igifungo cy’iminsi 30

November 20, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?