SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: #Kwibuka31 : Cardinal Kambanda yanenze amahanga ararikiye inyungu aho gukura isomo kuri Jenoside yakorewe Abatutsi
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Iyobokamana > #Kwibuka31 : Cardinal Kambanda yanenze amahanga ararikiye inyungu aho gukura isomo kuri Jenoside yakorewe Abatutsi
Iyobokamana

#Kwibuka31 : Cardinal Kambanda yanenze amahanga ararikiye inyungu aho gukura isomo kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ahupa Radio
Last updated: 2025/04/10 at 3:38 PM
Ahupa Radio
Share
3 Min Read
SHARE

Arkiyepiskopi wa Kigali, Antoine Cardinal Kambanda yatangaje ko hakiri abantu bafite umutima unangiye wamunzwe n’ingengabitekerezo y’urwango hakaba n’amahanga yanze gukura isomo kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, ahubwo agakurikira inyungu aho kumva ukuri.

Hashize imyaka myinshi imiryango mpuzamahanga igaragaza ko mu Karere k’Ibiyaga bigari na Afurika y’Iburasirazuba hakwirakwiza imvugo z’urwango n’ibindi bimenyetso mpuruza bisa n’ibyagaragaye hategurwa Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko hari benshi banze kubyumva bakomeza kubipfukiranira mu bibazo bya politike.

Arkiyepiskopi wa Kigali, Antoine Cardinal Kambaba yavuze ko nta muntu uhitamo umuryango avukiramo ahubwo ari Imana iwumugenera.

Ati “Ni umugambi w’Imana ku buryo ari yo mpamvu usanga ari ikibazo gikomeye, ari ibintu bibabaje cyane kugira ngo umuntu azire uko yavutse atahisemo, biba ari no guhinyuza Imana kuko ari yo igenera umuntu umuryango avukamo.”

Yavuze ko Abatutsi barenga miliyoni bishwe babaye ibitambo by’inabi, urwango n’amacakubiri yabibwe n’abakoloni bigasenya ubumwe n’ubuvandimwe by’Abanyarwanda, ndetse abasigaye ntibagira amahirwe yo kubaherekeza ari na yo mpamvu yo gufata igihe cyo kubibuka kuva ku wa 7 Mata kugeza iminsi 100 irangiye.

Cardinal Kambanda yanenze amahanga yahumwe amaso n’inyungu z’ibintu ntakure isomo kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, ku buryo n’ubu hari ahantu hagaragara imvugo zibiba urwango.

Ati “Haracyari abafite umutima unangiye n’amahanga yakagombye kuba yigira ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi areba inyungu zayo bigatuma yirengagiza ukuri. Dukomeze rero cyane cyane gutegura abato no kurera Abanyarwanda b’ejo ngo umurage w’ubumwe n’ubuvandimwe abe ari wo bazakuriramo ibyabaye bitazongera.”

Yashimangiye ko ibihe byo kwibuka buri mwaka bihurirana n’igihe cya Pasika bikongera kwibutsa Abakisitu ko inabi itaganza ineza, umwijima utatsinda urumuri.

Ati “Buri mwaka iki gihe cyo kwibuka gihura n’ibihe bya Pasika, nk’Abakirisitu dufite ukwizera ko nubwo icyaha n’urupfu byagaragaje ubukana bukomeye no muri Jenoside by’umwihariko twarabibonye ariko Kirisitu yarabidutsindiye, yemera kudupfira ku musaraba. Ibi rero biduha ukwizera ko ikibi kitarusha icyiza imbaraga, urwango rutarusha urukundo imbaraga, urupfu rutarusha ubuzima imbaraga, urumuri rurusha imbaraga umwijima.”

Yavuze ko ibihe bya Jenoside yakorewe Abatutsi byaranzwe n’umwijima w’icuraburindi ariko mu gihe cyo kwibuka abarenga miliyoni yahitanye hakoreshwa urumuri rutazima.

Cardinal Kambanda yashimye ubuyobozi bwiza buyoboye igihugu, abitangiye guhagarika Jenoside, abahishe abahigwaga, ababavuganiye n’abemeye gupfa aho gutererana abahigwa.

 

 

You Might Also Like

Feast and Praise Brunch igiye kuba bwa mbere muri Kigali

Mufti w’u Rwanda yahaye umukoro abanyarwanda bagiye mu mutambagiro i Maka

Papa Leon XIV yakiriye Perezida Zelensky i Vatikani

Korali Ganza Kristo yo muri ADEPR Gasave yateguye igiterane cy’amashimwe kizamara iminsi 2

Aba-Cardinal binjiye mu munsi wa kabiri w’itora rya Papa

Ahupa Radio April 10, 2025 April 9, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Usta Kayitesi Umuyobozi Mukuru wa wa RGB yasabye Abanyamadini kurushaho kubera maso abakirisitu

January 21, 2024
Andi makuru

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye imurikwa ry’Igitabo Avant la Nuit cyanditswe n’umufaransakazi Maria Malagardis

March 31, 2025
Imyidagaduro

Prosper Nkomezi yakoreye igitaramo I Huye ahembura imitima ya benshi

February 13, 2023
Andi makuru

#Kwibuka31: Abayobozi n’abakozi b”uruganda rwa Skol basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro

April 9, 2025
Imyidagaduro

Yemi Alade, Fireboy, Mr Eazi na Chriss Eazy bongeye ku rutonde rw’abazaririmba muri Trace Awards

September 21, 2023
Imyidagaduro

Nyuma y’igihe kirekire bataruhuka Riderman na Bull Dogg bijeje igitaramo cya amateka abakunzi ba Hip Hop

August 20, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?