SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Jibu Rwanda yasinye amasezerano y’ubufatanye na Vision Fc
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Jibu Rwanda yasinye amasezerano y’ubufatanye na Vision Fc
Imikino

Jibu Rwanda yasinye amasezerano y’ubufatanye na Vision Fc

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/04/05 at 12:13 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Ikipe ya Vision FC yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’uruganda rutunganya amazi yo kunywa, Jibu Rwanda, azamara imyaka ibiri ishobora kongerwa.

Uru ruganda ruzajya ruha Vision FC amazi yo kunywa ku myitozo no ku mikino, runahembe umukinnyi wayo witwaye neza buri kwezi.

Ni mu gihe iyi kipe yo izajya yambara Jibu ku myambaro yayo, inayamamaze ku kibuga no ku mbuga nkoranyambaga zayo.

Amasezerano y’impande zombi yashyizweho umukono ku wa Gatanu, tariki ya 4 Mata 2025, ubwo Vision FC yatsindaga Gasogi United igitego 1-0 mu mukino w’Umunsi wa 23 wa Shampiyona.

Umuyobozi Mukuru wa Jibu Rwanda, Tuyisenge Bruno, yavuze ko impamvu bahisemo gukorana na Vision FC ari ukugira ngo bakomezanye urugendo yatangiye ndetse ibikorwa impande zombi bifite aho buriye.

Yakomeje agira ati “Twemeranyije ko duhera kuri bike bishoboka, Vision FC ikazamura izina ryacu natwe tugafatanya na yo kuzamuka. Buri kwezi tuzajya duhemba umukinnyi wa Vision FC witwaye neza mu marushanwa.”

Perezida wa Vision FC, Birungi John Bosco, yavuze ko aho bahuriye na Jibu Rwanda ari uko uru ruganda na rwo rutanga imirimo, bityo bazafatanya na rwo mu guteza imbere urubyiruko nk’uko bo babikora mu mupira w’amaguru.

Ati “Amasezerano dusinyanye ni ay’igihe kirekire, azahera ku myaka ibiri ariko dushobora kuzayakomeza bitewe n’icyo tuyakuramo.”

Vision FC yabaye ikipe ya kabiri yo mu Cyiciro cya Kabiri igiye gukorana n’uruganda rwa Jibu Rwanda, nyuma ya Marine FC guhera mu 2022.

Uru ruganda rusanzwe kandi ari umufatanyabikorwa w’Ikipe y’Amagare ya Bugesera Cycling Team kuva mu 2020.

 

You Might Also Like

PSG yegukanye igikombe cya champions League itsinze Inter Milan 5-0(Amafoto)

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

Nsanzabera Jean Paul April 5, 2025 April 5, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Rafael Nadal ntazakina US OPEN

August 8, 2024
Imyidagaduro

Umuraperi Boosie Badazz Yafunzwe nyuma yo guhanagurwaho icyaha

June 16, 2023
Kwamamaza

Ibirori byo kumurika inzoga ya Skol Virunga Silver byari akanyamuneza kubabyitabiriye (Amafoto)

June 8, 2024
Imyidagaduro

El Classico Women Day ibirori byo kwifanya n’abagore ku munsi wabahariwe

March 7, 2024
Imyidagaduro

#Kwibuka 29. Abasore n’inkumi bakoresha urubuga rwa Twitter bibumbiye mu itsinda rya #RwoT bunamiye abazize Jenoside ku rwibutso rwa Ntarama

April 13, 2023
Imyidagaduro

Kate Bashabe yasabye abakobwa bakiri bato kwigirira icyizere kizatuma bagera kubyo bifuza

January 8, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?