SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Byiringiro Lague agiye kujyana umunyamakuru Roben Ngabo muri RIB
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Byiringiro Lague agiye kujyana umunyamakuru Roben Ngabo muri RIB
Andi makuru

Byiringiro Lague agiye kujyana umunyamakuru Roben Ngabo muri RIB

Muhire Jimmy
Last updated: 2025/04/02 at 12:26 PM
Muhire Jimmy
Share
2 Min Read
SHARE

Umukinnyi w’ikipe ya Police FC, Byiringiro Lague yavuze ko agiye kujyana umunyamakuru Roben Ngabo mu Rwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) nyuma y’ibyo yamuvuzeho ko ari guhigwa n’abakinnyi bagenzi be kubera amadeni ababereyemo.

Kuri uyu wa Kabiri ni bwo umunyamakuru wa Radio & TV 10, Roben Ngabo mu kiganiro Urukiko rw’imikino, yavuze ko hari abakinnyi bishyuza Byiringiro Lague amafaranga ababereyemo.

‎‎Yaguze ati: “Byiringiro Lague waguzwe Miliyoni 45 FRW uhembwa 2,500,000 FRW, arishyuzwa na Pacifique Ngabonziza ibihumbi 300 FRW, arishyuzwa na Ishimwe Christian ibihumbi 200 FRW, Lague arishyuzwa kandi na Mutsinzi Ange asaga 1,500,000 FRW”.

‎‎Yavuze ko kandi hari amafaranga agera kuri Miliyoni 1 Frw abereyemo Hakizimana Muhadjiri wamukodesheje imodoka.

‎‎Nyuma y’ibi, Byiringiro Lague yahakanye aya makuru anavuga ko agiye kujyana Roben Ngabo muri RIB kuko ibyo yamutamgajeho ari ukumuharabika.

‎‎Aganira na SK FM yagize ati: “Ntabwo ari byiza gutangaza ibintu abantu bakubwiye utabanje kumenya neza niba ari byo, ni amakosa ni no gusebya umuntu kandi ntabwo ari byiza. Ibyo ntabwo ari byo ni ibihuha rwose.

‎‎Ubungubu ndi kuri RIB nagiye gutanga ikirego kubera ko yamparabitse cyane birengereye.  Ngiye kurega uwabitangaje (Roben Ngabo). Nta kibazo nsanzwe ngirana n’uwabitangaje kandi icyantangaje ni ukuntu yagiye kuvuga ibintu atabanje kumpamagara ngo ambaze niba ari byo, gusa yahise abivuga ashaka kunsebya imbere y’abantu”.

‎‎Uyu mukinnyi yavuze ko kandi “Namwandikiye kuri Instagram ndamubwira ngo ibi bintu ukomeze ni amakosa ngiye gutanga ikirego kuri RIB”.

‎‎Byiringiro Lague yasabwe n’abanyamakuru ba SK FM kubinyuza mu nzira y’ibiganiro, gusa avuga ko agomba gutanga ikirego kuko n’ubundi yageze kuri RIB.

 

You Might Also Like

Ubuyobozi n’abakozi b’Inzozi Lotto basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali (Amafoto)

Papa Leon XIV yakiriye Perezida Zelensky i Vatikani

U Rwanda rwasabye kwakira amashami y’umuryango w’abibumbye i Kigali

Joe Biden wahoze ayobora USA yasanzwemo Cancer ya Prostate yo mu rwego rwo hejuru

Uwahoze ayobora FBI arakwekaho gushaka kwica Donald Trump

Muhire Jimmy April 2, 2025 April 2, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Umukinyi wa Filime wo muri Afurika y' epfo Pearl Thusi númuhanzi Derulo Maff bigishijwe uko Ikawa itegurwa ikiva mu murima
Ubukungu

ONE CUP Coffee Roasters yashyize igorora abazitabira igitaramo cya Chorale de Kigali

December 13, 2023
Imyidagaduro

Ariel Wayz yashimiye umuntu wese wamufashije mu kumurika album ye “Hear to Stay”

March 14, 2025
Imyidagaduro

Bruce Melodie na manager we baguze imigabane muri UGB

January 18, 2024
Imyidagaduro

Jennifer Lopez na Ben Affreck bemeranyije gutandukana burundu

January 7, 2025
Imikino

Eco Arts na Ferwafa basinyanye amasezerano yo gutegura igikombe cy’isi cyo kubungabuga ibidukikije

May 26, 2023
Andi makuru

Colonel Kazarama yasubiye muri M23

July 29, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?