SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Burkina Faso na Niger byikuye mu muryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Burkina Faso na Niger byikuye mu muryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa
Andi makuru

Burkina Faso na Niger byikuye mu muryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa

Wakibi Geoffrey
Last updated: 2025/03/19 at 12:00 PM
Wakibi Geoffrey
Share
2 Min Read
SHARE

Umuvugizi w’ Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF), Oria K. Vande Weghe yatangaje ko Burkina Faso na Niger byikuye muri uyu muryango, nyuma y’igihe cyari gishize warafashe icyemezo cyo guhagarika ibi bihugu byombi by’agateganyo.

Ibi Oria K. Vande Weghe yabitangaje ku wa 17 Werurwe 2025, ubwo yaganiraga na TV5 Monde.

Weghe yavuze ko Umunyamabanga muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Niger, Laouali Labo, yandikiye Ambasaderi w’u Bufaransa muri iki gihugu ibaruwa imumenyesha ko igihugu cye cyikuye mu muryango wa OIF, na we ahita abimenyesha uyu muryango.

Weghe yavuze ko uyu ari umwanzuro ubabaje ariko bagomba kuwubaha kuko ikibazo gihari kibarenze, gusa ashimangira ko uyu muryango uzaguma gushyigikira abaturage ba Niger no kubaba hafi.

Niger yahagaritswe mu Muryango wa OIF nyuma y’aho Perezida w’iki gihugu, Mohamad Bazoum, ahiritswe ku butegetsi n’abasirikare mu 2023.

OIF yasabye abo basirikare kurekura Bazoum n’umuryango we ndetse bakava ku butegetsi ariko ntibyakorwa, ibyatumye iki gihugu kiba gihagaritswe muri uyu muryango.

Weigh yakomeje avuga ko na Burkina Faso yavuye muri uyu muryango ndetse ko na Mali ishobora gukurikira.

Ati “Cyane rwose abantu bashobora kwitega ko na Mali ikurikira, gusa kugeza ubu ntacyo Mali irakora.”

Ibi bihugu byose byakolonijwe n’u Bufaransa ndetse bikoresha ururimi rw’Igifaransa cyane. Bihuriye kandi ku kuba biyoborwa n’abasirikare bahiritse ubutegetsi, ibyatumye bihagarikwa muri OIF by’agateganyo.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Wakibi Geoffrey March 19, 2025 March 19, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuruImyidagaduro

Umukinnyi wa Filime Inkindi Aisha yongeye kugarukwaho nyuma yo kwifuza Afande Ian Kagame

November 21, 2024
Imyidagaduro

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

May 29, 2025
Imyidagaduro

Israel Mbonyi yapfushije Sekuru

January 12, 2023
Andi makuru

RDB yateye utwatsi ibikomeje kubeshywa na Guverinoma ya RDC mu bafatanyabikorwa bayo

February 20, 2025
Imyidagaduro

Umuryango wa Producer Ayo Rash n’umugore we bibarutse Imfura yabo

March 14, 2023
Andi makuruImyidagaduro

Jackie Chan yashimangiye ko ubuzima bwe bumeze neza

January 9, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?