SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Abantu 59 baguye mu nkongi y’Umuriro yibasiye akabyiniro muri Macedonia
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Abantu 59 baguye mu nkongi y’Umuriro yibasiye akabyiniro muri Macedonia
Andi makuru

Abantu 59 baguye mu nkongi y’Umuriro yibasiye akabyiniro muri Macedonia

Ahupa Radio
Last updated: 2025/03/17 at 7:53 AM
Ahupa Radio
Share
1 Min Read
SHARE

 Abantu 59 ni bo bari kubarurwa ko bapfuye abandi barenga 150 bakomeretswa n’inkongi y’umuriro yibasiye akabyiniro ka ‘Pulse’ kari i Kocani mu bilometero 100 uvuye mu Murwa Mukuru Skopje muri Repubulika ya Macedonia y’Amajyaruguru.

Kuri iki Cyumweru, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Panche Toshkovski, yavuze ko nibura 59 ari bo babaruwe ko bapfuye mu gihe hatanzwe impapuro zo guta muri yombi bane  bakekwaho kuba ba nyirabayazana b’iyo nkongi.

Akabyiniro ka  Pulse kahiye mu ijoro ubwo abantu bari bizihiwe mu gitaramo cy’itsinda ‘DNK’ ryari ku rubyiniro ribasusurutsa.

Amashusho yakwirakwiriye yerekanye abantu batangira kurasa ibishashi ku rubyiniro bijya bikoreshwa mu gihe cy’ibitaramo bikimara kuba byinshi byadukira igisenge bitewe n’uko cyari cyubatse mu buryo bworoshye umwotsi wuzura hose ndetse hatangira gushya.

Ikinyamakuru Sloboden Pecat cyo muri iki gihugu cyatangaje ko Guverinoma iteganya gushyiraho icyunamo cy’iminsi irindwi cyo kuzirikana abahasize ubuzima ndetse hagakorwa ubugenzuzi ku nzu zose zikorerwamo ibirori na za resitora.

Minisitiri w’Intebe Hristijan Mickoski, yanditse ku rubuga rwa Facebook  ko ari inkuru ibabaje ku gihugu, imiryango n’inshuti, kuba ubuzima bw’urubyiruko bwahatikiriye.

Nubwo ngo bikigoye  kumenya umwirondoro w’abahasize ubuzima, Hristijan yahamagariye inzego zose zirimo iz’ubuzima gufasha abakomeretse ndetse hagafatwa ingamba zo gufasha imiryango y’abagize ibyago.

 

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Ahupa Radio March 17, 2025 March 17, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Nyuma y’imyaka 4 Safi Madiba yagarutse mu rwagasabo

December 4, 2024
Imyidagaduro

Bruce Melodie na Meddy abakunzi babo babasabye gukorana Indirimbo

December 3, 2023
Andi makuru

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Mugenzi we wa Angola João Lourenço

August 12, 2024
Imyidagaduro

Bruce Melodie yasubiye muri Amerika mu bitaramo azahuriramo na Shaggy

December 11, 2023
Andi makuru

Umuryango FPR Inkotanyi wemeje Perezida Kagame nk’umukandida mu matora ya 2024

March 9, 2024
Kwamamaza

Uruganda rwa Skol Brewery rwashyize hanze ikinyobwa kidasembuye cya Maltona cyishimirwa na benshi (Amafoto)

July 9, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?