SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umuryango FPR Inkotanyi wemeje Perezida Kagame nk’umukandida mu matora ya 2024
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Umuryango FPR Inkotanyi wemeje Perezida Kagame nk’umukandida mu matora ya 2024
Andi makuru

Umuryango FPR Inkotanyi wemeje Perezida Kagame nk’umukandida mu matora ya 2024

Ahupa Radio
Ahupa Radio
Published: March 9, 2024
Share
SHARE

Perezida Kagame usanzwe ari Chairman w’Umuryango FPR Inkotanyi, yatowe nk’umukandida mu matora y’Umukuru w’Igihugu ataha. Yagize amajwi 99,1%. Abatoye bose ni 1953, mu gihe abamutoye ari 1935.

Ubwo yari ahawe ijambo, Perezida Kagame yagize ati “ Tuzi aho igihugu kivuye n’aho kigeze, ndabibashimira ko mu bigiramo uruhare rugaragara. Ikindi mbashimira ni icyizere muhora mungirira cyangwa mukomeza kungirira.”

Yavuze ko bihereye ku mwihariko w’imiterere y’u Rwanda, uko ruteye bifite icyo bisaba bitandukanye n’icyo abandi bo mu bindi bihugu basabwa.

Ati “Ibyacu ni umwihariko ushingira ku mateka, ushingira ku rwego tugezeho rw’amajyambere, ushingira no ku muco wacu. Umwihariko ushingira kuri byinshi abantu batakwirengagiza iteka, bahora bagomba kwibuka mu byo dukora ibyo aribyo byose ndetse ni nabyo bishingirwaho iyo turi hano twaje mu rwego nk’uru rwa demokarasi […] duhitamo abayobozi mu nzego zitandukanye.”

Yavuze ko amateka y’u Rwanda mu myaka 30 ishize, akwiriye gutuma buri wese yibaza uko akura mu nshingano, mu nzego ndetse nk’abantu batekereza banatekerereza igihugu.

Ati “Twiga iki, dushingira kuki kugira ngo twuzuze inshingano zacu? Ibi nanone ndacyabibariza ko twese tuziranye, turakorana rimwe na rimwe iyo twabishatse, nabwo iyo tutabishatse byitwa ko dukwiriye kuba dukorana.”

Yavuze ko hari uburyo butandukanye bwo kwiga, aho abantu bashobora kujya mu mashuri, gusa ko hari ukundi kwiga guturuka mu buryo abantu babaho n’ibibabayeho.

Ati “Ubwabyo bifite isomo ririni cyane, ibyo abantu bita inararibonye […] aho niho hari amakosa abantu bakunze gukora, rimwe bakiga amashuri ariko ntibige bihereye k’uko babayeho nk’abantu, ntibibaviremo inyigisho.”

Yakomeje agira ati “Ndacyabona abantu bamwe muri twe, bavuga ibintu, bakora ibintu, bagatekereza nyuma. Ubundi uko ibintu bigenda, uratekereza noneho ugakora cyangwa ukavuga ibyo ushaka kuvuga, ariko byinshi mbona, abantu barakora, baravuga hanyuma ukabona bibutse ko bagomba gutekereza.”

Yasabye abantu kwirinda kuvuga no gukora, batarabanza gutekereza. Ati “Icyo gihe biduha kwirinda ibintu bimwe bitari ngombwa, bidutera ibibazo cyangwa se turabigabanya nibura.”

 

Madamu Monica Geingos yakiriwe mu cyubahiro nk’Umuyobozi mukuru wa Kaminuza Kepler
Israel Mbonyi agiye kongera gukorera igitaramo muri Canada
Mamie Uwase ukorera umuziki wo guhimbaza Imana muri Amerika arasaba abakiristu gukomera ku mana yabo
Indege ya Donald Trump yakoze impanuka
Gen Kainerugaba yahishuye ko muri 2026 bazakuraho itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

New Pokies Online App For Android

September 5, 2023

Microgaming Casinos Online

February 25, 2025

Online Spins Ireland App 2023

June 16, 2019

Pokies Online Paysafecard

May 28, 2024

Casino Android Real Money

May 28, 2024

What Is The Review Of Virtual Casino De For Irish Players

December 12, 2017

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?