SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ykee Benda yakiriye agakiza ahagarika kuririmbira mu tubari
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Ykee Benda yakiriye agakiza ahagarika kuririmbira mu tubari
Imyidagaduro

Ykee Benda yakiriye agakiza ahagarika kuririmbira mu tubari

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/03/08 at 10:11 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuhanzi wo mu gihugu cya Uganda Wycliff Tugume, uzwi cyane nka Ykee Benda, yatangaje ko yahagaritse akazi k’amajoro cyane cyane kuririmbira mu tubari, bitewe n’uko  yakiriye agakiza, akaba ashaka gushyira imbere imyemerere ye.

Uyu muhanzi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’imwe muri televiziyo zikorera muri icyo gihugu, avuga ko kuri ubu ari umukirisitu wavutse ubwa kabiri wo mu itorero rya Phaneroo Ministries, iyobowe na Apostle Grace Lubega.

Ykee Benda yavuze ko gukizwa kwe bijyanye n’imyaka agezemo, yumva akwiye gutuza, akagabanya imirimo akora mu majoro cyane cyane kuririmbira mu tubari.

Yagize ati: “Muri iyi minsi ntabwo njya mu tubari, ndimo kugabanya imirimo nakoraga mu masaha y’ijoro, cyane cyane kuririmba mu tubari njyayo gusa iyo bibaye ngombwa. Maze kuba mukuru birakwiye ko ntuza.”

Uwo muhanzi avuga ko nubwo mu gihe cyahise gukora amajoro byahoze ari igice cy’ingenzi mu mwuga we w’umuziki, ariko kuri ubu bishoboka guteza imbere umuziki wawe bidasabye ko urara mu tubari uririmba cyane ko gukizwa ngo hari byinshi byamuhinduriye mu buzima.

Ati: “Sinkeneye kumenyekanisha umuziki wanjye nifashishije utubari, kuko hari imbuga nkoranyambaga zitandukanye zabikora neza, kugeza ubu tumaze kubikora ku mbuga nka TikTok, kuri radiyo na televiziyo zitandukanye.

Hanyuma mu tubari, hari inshuti zanjye z’aba DJ zihari zikina indirimbo zanjye, ku buryo ntakeneye kuhaba.”

Ykee Benda, avuga ko yateye intambwe idasubira inyuma mu gusenga nubwo amasezerano y’akazi agikomeje kumubera inzitizi mu kuba yakwitabira amasengesho aba mu minsi y’akazi, ariko ko ku Cyumweru azajya agerageza akaboneka ku rusengero.

Abajijwe niba ataba ari umwe mu bagabo bajya mu nsengero bagiye gushakayo abagore, Ykee Benda yasubije ko Atari cyo kimugenza, kuko abizi neza ko umugore mwiza atava mu rusengero gusa,  kandi ko umukobwa upfukamye mu rusengero ashobora kuba umugore mubi mu gihe umukobwa uri mu kabari yavamo akaba umugore mwiza.

Ykee Benda azwi mu ndirimbo nka See Body, Muna Kampala, Byonkola, Superman n’izindi.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul March 8, 2025 March 8, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Meddy n’Umugore we Mimi bibarutse umwana wa kabiri

April 28, 2025
Andi makuru

U Rwanda n’Ububiligi byahagaritse amasezerano byari bifitanye

February 19, 2025
Imyidagaduro

Diamond Platnumz wasubiye Iwabo yijeje abanyarwanda igitaramo cy’amateka

August 12, 2023
Imyidagaduro

Kidum, B2C na Confy bahuye n’abafana babo mu kabyiniro ka Riders Lounge  (Amafoto)

February 24, 2023
Imyidagaduro

Igitaramo cya Demarco cyasubitswe ku munota wa nyuma

December 28, 2022
Imyidagaduro

50 Cent yihaye yo kumara umwaka adatera akabariro

January 11, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?