SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Knowless arasaba abanyarwanda kwamagana amahanga akomeje kwibasira u Rwanda
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Knowless arasaba abanyarwanda kwamagana amahanga akomeje kwibasira u Rwanda
Imyidagaduro

Knowless arasaba abanyarwanda kwamagana amahanga akomeje kwibasira u Rwanda

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/03/07 at 4:20 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuhanzi Butera Knowless, arahamagarir Abanyarwanda guhaguruka bakamagana amahanga akomeje gufatira u Rwanda ibyemezo, barushinja kugira uruhare mu ntambara irimo kubera muri Kivu y’Amajyaruguru n’Iy’Amajyepfo.

Nubwo u Rwanda rukomeje gushinjwa kuba rufasha umutwe wa M23, ntirwahwemye kubihakana, ahubwo rugasaba Leta ya RDC guhagarika gukorana na FDLR, umutwe w’abarwanyi basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Butera Knowless yakebuye ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi, avuga ko byagombye kuba byarihannye nyuma y’uko barebereye Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ikorwa mu 1994.

Yifashishije urubuga rwe rwa X, uyu muhanzikazi yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yakabaye yarabaye isomo ku bihugu bitandukanye bikomeje gufatira u Rwanda ibihano.

Yanditse ati: “Ariko, abo batanga ibihano bari he ubwo abarenga miliyoni bo mu miryango yacu bicwaga urw’agashinyaguro muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994? kuki batihaye ibihano kubera ko ubwabo bararebereye Jenoside iba ntibagire icyo bakora.”

Muri ubwo butumwa bwe, Butera Knowless agaragazamo uburyo FDLR yakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igafashwa ntinahabwe ibihano, ahubwo ibi bihugu bikaba bikomeje gufatira ibihano u Rwanda.

Ati: “Barebereye abicanyi ba FDLR, barahunga, bongera kwishyira hamwe, bakomeza amarorerwa yabo, none ubu amateka arimo kwisubiramo, ntibabahannye, ntibabakoreye ubugenzuzi, baracecetse gusa, none amateka arimo kwisubiramo, none ngo barashaka kutwigisha, kuduhanira kuba duharanira kubaho, kudutegeka uko twakwikura muri ibyo bibazo? Gute se?

Asoza ubutumwa bwe, uyu muhanzikazi yashishikarije Abanyarwanda guhagurukira hamwe bakereka ibyo bihugu ko banyuze muri byinshi bibi birenze ibi kandi bakabyikuramo.

Ati: “Mureke twese duhaguruke tubereke ko twaciye muri byinshi bibi kurusha. Iki ni Igihugu cyacu u Rwanda, ejo hacu. Ntituzigera duhara, ntiducika intege u Rwanda ruhagaze rwemye, nk’uko bisanzwe.”

Butera Knowless aherutse gutangaza ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, yamusize ari muto kandi isiga ihitanye abantu batandukanye bo mu muryango we, aho yasigaranye n’umuntu umwe gusa, ikabasiga nta cyizere cy’ubuzima, bakacyongererwa na gahunda nziza zitandukanye za Leta, zirimo FARG n’izindi zafashije zikinafasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi guhobera ubuzima.

e

You Might Also Like

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Nsanzabera Jean Paul March 7, 2025 March 7, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

ABFR Cons Ltd yashyize igorora abakiliya bifuza kubaka inzu zigezweho muri Kigali

February 27, 2023
Iyobokamana

Umuramyi Fortran Bigirimana agiye gukorera igitaramo I Bruxelles

August 7, 2024
Andi makuru

Brian Kagame yasoreje amasomo mw’ishuri mukuru we yizemo

December 13, 2024
Imyidagaduro

Tony Bennett wamenyekanye mu njyana ya Pop yitabye Imana

July 21, 2023
Andi makuru

Indege ya Kenya Airways yasubijwe ku kibuga igitaraganya hikanzwe amarozi

April 28, 2025
Ubuzima

Ababyeyi barasabwa guhindura imyumvire bagafata abana bafite ubumuga nk’abandi

July 22, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?