SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Diamond Platnumz yongeye gusaba Perezida Samia Suluhu kububakira Inzu imeze nka BK Arena
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Diamond Platnumz yongeye gusaba Perezida Samia Suluhu kububakira Inzu imeze nka BK Arena
Imyidagaduro

Diamond Platnumz yongeye gusaba Perezida Samia Suluhu kububakira Inzu imeze nka BK Arena

Gossip Kigali
Last updated: 2025/02/28 at 8:33 AM
Gossip Kigali
Share
1 Min Read
SHARE

Umuhanzi wo muri Tanzania Diamond Platnumz yasabye Perezida w’icyo gihugu Samia Suluhu Hassan kubaka inyubako yakira ibikorwa by’imyidagaduro bitandukanye nka BK Arena yo mu Rwanda.

Ibi Diamond yabigarutseho mu kiganiro yahaye itangazamakuru mu bihembo bya Trace Awards byabereye muri Tanzania ku kirwa cya Zanzibar mu ijoro ryakeye.

Uyu muhanzi yagaragaje ko inyubako nka Arena ari nziza cyane ku bikorwa by’imyidagaduro yaba umuziki n’imikino y’amaboko, atanga urugero ko mu Rwanda ihari kandi ibafasha.

Ntabwo ari inshuro ya Mbere Diamond agaragaza ubwiza bwa BK Arena, dore ko ubwo yazaga mu Rwanda mu 2019 akabona iyi nyubako, yatunguwe akavuga ko yagakwiye kuba iri n’iwabo.

Ntabwo ari Diamond usaba ko Arena yakubakwa iwabo, kuko mu mpereza z’icyumweru gishize, umuhanzikazi wo muri Uganda, Azawi, wari witabiriye igitaramo cya John Legend i Kigali, yagiye kuri X agaragaza ko nabo bakeneye Arena.

Mu butumwa bwe, yavuze ko ahubatse LUgogo Cricket Oval i Kampala, yumvaga hakubakwa Arena.

Si aba gusa, kuko no mu mwaka washize umuhanzikazi ukomoka muri Kenya, Victoria Kimani ubwo yari i Kigali yaje kureba imikino ya BAL, yasubiye iwabo asaba Leta ya Kenya kububakira inyubako nka BK Arena.

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Gossip Kigali February 28, 2025 February 28, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Marc Anthony wigeze kuba umugabo wa Jennifer Lopez yishumbushije Miss Paraguay 2021

January 30, 2023
Iyobokamana

Ubuzima bwa Papa Francis bwongeye kumera nabi

March 1, 2025
Andi makuru

Perezida Kagame yasuye abaturage bahuye n’ibiza i Rubavu (Amafoto)

May 12, 2023
Imyidagaduro

Maitre Dodian yahuje imbaranga na Papa Cyangwe bakorana indirimbo bise “Wowe ” (Video)

October 29, 2024
Andi makuru

Umunyabigwi Roberta Flack yitabye Imana ku myaka 88

February 25, 2025
Imyidagaduro

Bruce Melodie, Ish Kevin na Kenny K Shot mu bazitabira ibirori bya Trace Awards& Festival ku munsi wa Mbere

October 19, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?