SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: RDC yahagaritse ingedo za Rwandair mu kirere cyayo
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > RDC yahagaritse ingedo za Rwandair mu kirere cyayo
Andi makuru

RDC yahagaritse ingedo za Rwandair mu kirere cyayo

Wakibi Geoffrey
Wakibi Geoffrey Published February 12, 2025
Share
SHARE

Intambara zo mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo, iki gihugu gihanganyemo n’umutwe wa M23 zatumye gifunga ikirere ku ndege zose za Rwandair.

Nkuko  tubikesha ikinyamakuru  L’agence Congolaise de Presse  cyatangaje ko Leta ya Kinshasa yafunze ikirere cyayo ku ndege zose zo mu Rwanda.

Nk’uko ibitangaza ngo nta ndege yo muri Rwandair yashoboye kwambuka ikirere cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri Gashyantare 11.

Yakomeje itangaza ko kuri ubu kugera i Londere mu Bwongereza, indege zo mu Rwanda zambukaga ikirere cya Kongo, no kuri ubu aho gukora amasaha 7 yindege, ubu abagenzi bizajya bibafata amasaha 9, cyangwa amasaha abiri arenga.

Ntacyo Leta y’u Rwanda cyangwa Rwandair baratangaza kuri iki cyemezo cya Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo cyo gufunga ikirere ku ndege zo mu Rwanda.

Mu mpera za Gicurasi, binyuze mu muvugizi wa Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo, Patrick Muyaya yatangaje ko bahagaritse ingendo zose za Rwandair muri iki gihugu, mu bice bya Goma, Lubumbashi na Kinshaza aho bavugaga ko u Rwanda rutera inkunga umutwe wa M23, ubwo yari mu bilometero 20 n’umujyi wa Goma.

Ni kenshi Leta ya Kinshasa yagiye ivuga ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23 ariko u Rwanda buri gihe rwagiye rubihakana, rugasaba ko iyi Leta yaganira n’uyu mutwe wanamaze kwigarurira umujyi wa Goma mu byumweru bibiri bishize, ukaba ukomeje imirwano werekeza muri Kivu y’amajyepfo.

M23 imaze imyaka itatu isubukuye imirwano, ivuga ko Leta ya Kinshasa yirengagije nkana amasezerano ya tariki 23 Werurwe 2009, harimo gucyura impunzi no kurandura FDLR nk’umuti w’ibibazo byose by’umutekano muke wo mu burasirazuba bwa Congo.

You Might Also Like

Aline Gahongayire yahembuye imitima ya benshi bitabiriye igitaramo yakoreye mu bubiligi

Kazungu Denis agiye gusubizwa mu rukiko

Annette Murava akomeje kugaragaza urukundo akunda umugabo

Perezida Tshisekedi yahaye indabo Minisitiri Kayikwamba amushimira akazi ari gukora

Corneille Nangaa yatangaje ko M23 igiye gusimbura FRDC yasenyutse

Wakibi Geoffrey February 12, 2025 February 12, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Umukinnyi wa Filme Val Edward Kilmer yitabye Imana ku myaka 65

April 2, 2025
Imyidagaduro

Cécile Kayirebwa yahakanye ibyo kuririmba mu gitaramo ‘Urwinziza Rurahamye’

January 18, 2023
Imikino

FERWAFA yatangaje Ingengo y’Imari ya 2024

January 13, 2024
Andi makuru

Perezida wa Sunrise FC yavuze ko bari bibeshye k’umutoza!

November 6, 2023
Iyobokamana

Papa Francis yasubitse inama kubera ibicurane

February 27, 2024
Ubukungu

Igiciro cya lisansi cyiyongereyeho 127 Frw/L

April 4, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?