SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Chakwera yategetse ko ingabo za Malawi ziri muri RDC zitahuka vuba
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Chakwera yategetse ko ingabo za Malawi ziri muri RDC zitahuka vuba
Andi makuru

Perezida Chakwera yategetse ko ingabo za Malawi ziri muri RDC zitahuka vuba

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul Published February 6, 2025
Share
SHARE

Perezida wa Malawi, Lazarus Chakwera, yategetse ubuyobozi bw’Ingabo gutangira gutegura uburyo bwo gucyura abasirikare b’icyo gihugu bari mu ntambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ingabo za Malawi zari mu butumwa bw’Ingabo z’Umuryango w’ubukungu bw’ibihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo (SAMIDRC), ubu butumwa bukaba bwari buherutse kongererwa igihe mu mpera z’umwaka ushize.

Iri tangazo rivuga ko iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo gushyigikira ibihe by’agahenge hagati y’impande zombi.

Riti “Perezida Chakwera yategetse Umuyobozi w’Ingabo za Malawi (MDF), gutangira imyiteguro yo gucyura Ingabo za Malawi, mu rwego rwo gushyigikira itangazwa ry’agahenge hagati y’impande zihanganye ndetse no kwitegura ibiganiro biganisha ku mahoro.”

M23 yari iherutse gutangaza ko yashyizeho ibihe by’agahenge mu rwego rwo kwita ku bakeneye ubufasha, icyakora ibintu byahinduye isura mu gitondo cy’uyu munsi, nyuma y’uko uyu mutwe ugabweho ibitero n’ingabo za Leta ya Congo n’abo bafatanyije, bigatuma wirwanaho.

Malawi yari iherutse gupfusha abasirikare batatu mu butumwa bwa SAMIDRC, mu mirwano yarangiye M23 yigaruriye Umujyi wa GGoma.

You Might Also Like

Burundi :Ishyaka CNDD –FDD rya Ndayishimiye ryegukanye imyanya yose mu nteko ishinga amategeko

Trump yatangaje ko yatunguwe n’ibibazo byabaye hagati ye na Elon Musk

Minisitiri Nduhungirehe Olivier aranenga abayobozi bakomeje gusakaza amakuru ashobora guhungabanya amasezerano hagati na RDC

Elon Musk akomeje kwicuza icyamuteye kugirana ibibazo na Donald Trump

Minisitiri Constant Mutamba yongeye guterana amagambo n’umushinjacyaha mukuru

Nsanzabera Jean Paul February 6, 2025 February 6, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Bwiza yashyize hanze indirimbo ye yise Do Me asezeranya abakunzi be alubumu ya mbere

June 6, 2023
Andi makuru

Sudan: Umukinnyi ukomeye w’amakinamico yishwe n’amasasu y’abarwana

May 4, 2023
Andi makuru

Perezida Tshisekedi yemeje ko batazongera kubura mu biganiro bya Luanda

August 13, 2024
Imyidagaduro

Jose Chameleone na Murumuna we bunamiye inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi zishinguye mu Rwibutso rwa Gisozi

May 25, 2025
Imyidagaduro

The Ben yiseguye kuri Bull Dogg bakoranye indirimbo Rotate ntisohoke

May 10, 2024
Imikino

Eco Arts ku bufatanye na Classic Tours&Travel bateguye irushanwa ryo kubungabunga Ibidukikije .

April 27, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?