SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Rond Point yahoze ari iya Mtn kimihurura yasenywe
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Rond Point yahoze ari iya Mtn kimihurura yasenywe
Andi makuru

Rond Point yahoze ari iya Mtn kimihurura yasenywe

Gossip Kigali
Last updated: 2025/01/10 at 6:20 AM
Gossip Kigali
Share
2 Min Read
SHARE

Ahari umuhanda uzengurutse (KBC Rondpoint) hagati ya Kigali Convention Centre (KCC), Kigali Heights (KH) na Kigali Alliance Business Center (KABC) hasenywe burundu.

Iyi rondpoint yari imenyerewe nk’ahantu abantu bajya kuruhukira, gukora siporo, gufata amafoto ndetse no gukora ibindi bikorwa byo gutunganya amashusho.

Hagati y’iyi rondpoint harangwaga n’ikibumbano cy’umubyeyi ufite umwana mu biganza bye bikaba byaratumaga hahora hateye amabengeza.

Kuri ubu ahari ibyo bintu byose hari ubutaka busanzwe kuko byose byamaze gukurwaho ku buryo unyarukiyeyo usanganirwa n’imashini nini zitunganya imihanda ziri mu bikorwa byo gutunganya iki kibanza cyiri hagati y’inyubako zikomeye muri Kigali.

Abayobozi b’Umujyi wa Kigali babwiye The New Times ko ibyari muri iyi rondpoint byakuweho byose aho  batangaza ko amakuru arambuye ku bikorwa bigiye gushyirwa muri iyi rondpoint bizatangazwa mu cyumweru gitaha.

Bivugwa ko aha hantu hagiye gushyirwa ibikorwa bishya bishobora kuzifashishwa mu gutangiza ku mugaragaro amarushanwa akomeye y’imikino ateganyijwe kubera mu Rwanda muri uyu mwaka.

Twiteze kumenya byinshi mu minsi iri imbere ku hazaza h’iyi rondpoint yari imaze imyaka ifite agaciro gakomeye mu mibereho y’abatuye Kigali.

Muri 2016 nibwo inzego zibishinzwe zatangaje ko iyi rondpoint ifunzwe burundu ku binyabiziga byayikoreshaga bica mu muhanda w’imbere ya Kigali Convention Centre aho hahise hashyirwa (car-free zone) ku banyarwanda bose.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Gossip Kigali January 10, 2025 January 10, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Umunyamakuru Sam Karenzi yatashye ku mugaragaro Radio ye yatangiranye n’abanyamakuru bakomeye mu gihugu

February 10, 2025
Imyidagaduro

Kuki abafana bamwe batakiriye neza umushinga mushya wa Yago wo kuririmba

February 23, 2023
Imyidagaduro

Massamba Intore Bwiza ,King James na Kenny soory bishimiwe n’abagande mu gitaramo cyateguwe n Gen Muhoozi(Amafoto )

April 20, 2023
Andi makuru

Polisi y’u Rwanda n’Ingabo z’igihugu batangije ibikorwa bigamije guteza imbere abaturage

March 18, 2025
Imyidagaduro

Umunyabigwi mu kuvuza Saxophone Water Sax Methuselah agiye kumurika injyana Idasanzwe mu Rwanda

June 6, 2023
Imyidagaduro

Diamond Platnumz wasubiye Iwabo yijeje abanyarwanda igitaramo cy’amateka

August 12, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?