SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Paul Kagame yakebuye abishyuza amazu mu madorali
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Paul Kagame yakebuye abishyuza amazu mu madorali
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yakebuye abishyuza amazu mu madorali

Wakibi Geoffrey
Last updated: 2025/01/10 at 8:57 AM
Wakibi Geoffrey
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida Paul Kagame yatangaje ko ikibazo cy’abarenga ku mategeko bakishyuza ubukode n’izindi serivisi mu madovize nyamara bishyura imisoro mu mafaranga y’u Rwanda gikwiye kurandurwa byihuse.

Hashize igihe abacururiza mu Mujyi wa Kigali mu nyubako zimwe bagaragaza ko hari abishyuzwa ubukode mu madorali ya Amerika, bituma uko agaciro k’idorali kazamutse n’ibiciro by’inzu bakoreramo birushaho gutumbagira.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa 9 Mutarama 2025, Perezida Kagame yatangaje ko abishyuza ibikorwa byabo mu madovize baba bakwiye kwishyura imisoro muri ayo mafaranga.

Ati “Ni bibi no ku nshuro ebyiri kuko uwo wishyurwa mu madorali cyangwa Amayero mu misoro ntabwo yishyura mu madorali yishyura mu mafaranga y’u Rwanda, rero ntabwo ari byo. Uwo muntu ushyiraho kwishyurwa ubukode mu madorali na we aba akwiriye kwishyura mu madorali mu buryo bw’imisoro bishyura ariko ibyo byose bikwiye kuba bifite uburyo bikurikiranwaho, ibyo ni nko kwica amategeko, abishe amategeko bakabihanirwa.”

Perezida Kagame yagaragaje ko hari urwego ruri gukora ibishoboka ngo iki kibazo gikemuke burundu, kandi bigomba gukorwa mu buryo bwihuse.

Ati “Bitwara umwanya rero kuko abantu babyumva mu buryo butandukanye n’iyo buba budakurikije amategeko cyangwa babufitemo inyungu, ni yo mpamvu bitwara igihe ariko ubundi umurongo wo urahari, twifuza ko ukwiye kuba ukurikizwa. Ndibwira ko aho tuvugira aha hari uburyo bubitekereza bushaka kubishyira ku murongo, navuga gusa ko bikwiriye kwihuta ni cyo cya ngombwa, bigacika burundu. Ndumva bizatungana.”

BNR iherutse gutangaza ko abakora ibi bikorwa binyuranye n’amategeko ari bake cyane ku isoko ry’u Rwanda, igahamya ko bitagira ingaruka ku isoko ry’amadovize mu gihugu.

BNR ihamya ko hashyizweho ingamba zo gukurikirana abishyuza mu madorali n’inama ihuriramo BNR n’inzego zirimo Umujyi wa Kigali, Polisi y’Igihugu bagakurikirana abakora ibikorwa by’ubucuruzi byishyuzwa mu madovize.

You Might Also Like

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Umunyamauritaniya Sidi Ould Tah yatorewe kuyobora Banki Nyafurika Itsura amajyambere

Wakibi Geoffrey January 10, 2025 January 10, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Rayon Sports WFC yahawe agahimbazamusyi

January 20, 2024
Imyidagaduro

Platini n’abahanzi bazamufasha mu gitaramo yise Baba Experience bamaze impungenge abazakitabira

March 30, 2024
Andi makuru

AFC/M23 yaburiye ingabo za FRDC nizongera kugaba ku baturage ba Walikale

April 4, 2025
Imyidagaduro

Alliah Cool yasangiye n’abakunzi be mu gikorwa cyo kwerekana Filime yakinnyemo yitwa the Waiter

January 20, 2025
Imyidagaduro

Javanix yakoranye indirimbo na Mr Nice bise Hakuna Noma (Video)

January 16, 2025
Imyidagaduro

Kevin Montana yasabye abakunzi b’umuziki guhora bishimye mu ndirimbo yise Zamuka (Video)

November 1, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?