SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Tonzi aritegura kumurika alubumu ye ya 10
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Tonzi aritegura kumurika alubumu ye ya 10
Imyidagaduro

Tonzi aritegura kumurika alubumu ye ya 10

Gossip Kigali
Last updated: 2025/01/08 at 10:47 PM
Gossip Kigali
Share
2 Min Read
SHARE

Umuhanzikazi w’indirimbo zihimbaza Imana, Clementine Uwitonze, wamamaye cyane mu muziki w’u Rwanda no hanze nka Tonzi, agiye gushyira hanze album ye ya cumi muri uyu mwaka wa 2025.

Ni nyuma y’uko ku wa 31 Werurwe 2024 yamuritse album ye ya cyenda yise ‘Respect’ mu gitaramo cy’amateka, cyongeye guhuza itsinda rya The Sisters ribarizwamo Tonzi, Aline Gahongayire, Gaby Kamanzi, na Phanny Wibabara

Iyi album nshya y’uyu muhanzikazi avuga ko izaba igizwe n’indirimbo ze bwite n’izo yakoranye n’abandi bahanzi.

Ati: “Mu 2025 ndateganya gushyira hanze album ya 10, ntagihindutse. Narayirangije, bishobotse nzayimurikira abakunzi banjye.”

Uyu muhanzikazi ufite inararibonye mu muziki avuga ko Imana yamuhaye umugezi w’indirimbo zidakama, ko uko azajya ashobozwa kuzikora muri studio, azajya azisangiza abana b’Imana.

Asobanura kandi ko ibyo agambirira byose bigamije kuzamura icyubahiro cy’Imana binyuze mu bihangano no gukomeza gufatanya mu guteza imbere ubuhanzi muri rusange.

Ati: “Hari n’ibindi byiza mbateganyiriza, nzagenda mbamenyesha uko mbishobojwe n’Imana.”

Ubwo Tonzi yiteguraga kumurika album ye ya cyenda, yahishuye ko kuririmba biri mu bimugize, ko nta mpamvu n’imwe yamutera gucika intege.

Yagize ati: “Imana ifite ukuntu igenda ibikora, kuko ari yo yampaye iyerekwa.”

Ku wa 03 Mutarama 2025, Tonzi yashyize hanze indirimbo ya mbere muri uyu mwaka, yitwa ‘Merci’.

Uyu munyabigwi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda amaze gushyira hanze album 9, ari zo: Humura, Wambereye Imana, Wastahili, Izina, I Am a Victor, Amatsiko, Akira, Amakuru, na Respect.

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Gossip Kigali January 8, 2025 January 8, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Umuyobozi w’abarwanyi ba Wagner yavuze ko bagiye kuva mu gace ka Bakhmut Muri Ukraine

May 5, 2023
Imikino

HANDBALL : Police HC yanyagiye Evergreen HC yo muri Uganda mu mukino wa kabiri!

December 5, 2023
Imyidagaduro

Patrick Salvado na Dr Hillary Okello basabye abakunzi ba Gen-Z comedy kwitegura gutaha imbavu zibarya

March 20, 2024
Imyidagaduro

Judith Heard yakoranye indirimbo na Koffi Olomide

May 22, 2023
Imyidagaduro

Jules Sentore yasubiye gutaramira Abanyarwanda iburayi

September 14, 2023
Imyidagaduro

Bushali yapfushije Mama we

January 15, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?