SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Imbamutima z’ubuyobozi bwa Kigali Universe nyuma yo gusurwa na Perezida Paul Kagame
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Imbamutima z’ubuyobozi bwa Kigali Universe nyuma yo gusurwa na Perezida Paul Kagame
Andi makuru

Imbamutima z’ubuyobozi bwa Kigali Universe nyuma yo gusurwa na Perezida Paul Kagame

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/12/28 at 9:50 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
4 Min Read
Screenshot
SHARE

mu gihe  benshi mu bakunda imyidagaduro mu Rwanda  bizihizaga Umumsi mukuru wa Noheli Perezida Paul Kagame yasuye inyubako ya Kigali Universe iberamo ibikorwa bitandukanye birimo n’imikino ikinirwamo ndetse n’imyidagaduro atembera ibice bigize iyo nyubako ndetse akina imwe mu mikino ihaboneka.

Umukuru w’Igihugu yasuye iyi nyubako ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, tariki ya 26 Ukuboza, 2024.

Amashusho yagiye hanze agaragaza Perezida Kagame ari gukina imwe mu mukino ikinirwa muri iyi nyubako, irimo nk’umukino wa basketball ndetse na bowling.

Ubutumwa Kigali Universe yanyujije kuri X buvuga ko “Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane twagize umugisha wo gusurwa na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.”

Bukomeza buvuga ko Perezida Kagame “yatembereye mu bice bitandukanye bya Kigali Universe ndetse akina imwe mu mikino iri muri Kigali Universe. Yashimye uburyo Kigali Universe yubakitse ndetse anadusigira inama zidufasha gukomeza guhanga ibishya no gutanga serivisi inoze.”

Umwe mu bakozi ba Kigali Universe usanzwe ari  n’umunyamakuru w’imikino mu kigo cy’igihugu cy’itangazamakuru Rugaju Reagan  mu butumwa  yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze  yagaragaje amarangamutima akomeye  cyane  nyuma yo kumarana  iminota irenga mirongo itatu  bari kumwe na Nyakubahwa Paul Kagame

yagize ati ; Coach Gael Ampa akazi nka sports event coordinator yarambwiye ati “ My lil Brother Rugaju nakubonye kuri youtube Ndi muri US mpita ngukunda ! Ati ngira GUT iyo niyumvisemo umuntu ntagushidikanya tugerana kuri SUCCESS, ndamubaza nti Boss kuki uvuga Success cyane ntusigemo akantu kavuga ngo biramutse BYANZE!

@coachgaelk yarahindukiye amfata mw’irugu n’ibaganza byombi arambwira ati Rugaju ndeba mu maso LIL BRO, WE’RE BLESSED. Niyo mpamvu dutsinda Gusa . Ati slogan ya kigali Universe ni “ where CHAMPIONS chill “ kuko Turi aba CHAMPION

Ibyo @coachgaelk yambwiye nabibonesheje amaso yanjye koko @kigali_universe we’re truly blessed

we’re Blessed Kuba H.E @paulkagame mu nshingano nyinshi ziremereye mugira mwadusuye muri @kigali_universe mugatembera inyubako yose mugasuhuza aba Champions Bari muri @kigali_universe

Nubu kwakira ko mwanejejwe n’ibibera muri @kigali_universe byaturenze ! INAMA mwatugiriye ibyo tugomba kunoza Byose birakorwa mu gihe gito cyane gishoboka! Bimwe twanabitangiye rwose. Buri detail yose turayikoraho ku buryo bwihariye Venue ikomeze Ibe icyitegererezo!

Umwaka wa 2024 Wabaye uw’umugisha ariko Ibyabaye byose ntakiruta Iminota 30 Turi kumwe n’amwe our lovely President PK

Ndanibuka ko uyu mwaka Ari nabwo H.E yaganiriye na Gilbert Umwana w’umunyabwenge Imana yampuje nawe 🙏 mbeg’umwaka mwiza Imana yakoze ibikomeye pe

Imana ni Nziza iteka 2024 we wabaye mwiza . 2025 wowe uzarushaho cyane kuko WE’RE BLESSED 🙏

Rugaju Reagan NDISHIMYE PE !

Thank you @coachgaelk for your trust , I am LOYAL urabizi niko bizanahora my big Boss 🙌

Thank you a lot Sir @paulkagame 🫡we’re blessed to have you . Mwaduhinduriye IGITEREKO ( new era has just begun ) RUDASUMBWA DUKUNDA OGERA 🙏

Kigali Universe ni inzu y’imyidagaduro iherereye ku gisenge cy’inyubako y’ubucuruzi ya CHIC mu karere ka Nyarugenge.

Iki gikorwaremezo cy’umunyemari Karomba Gaël uzwi nka Coach Gaël, cyafunguwe ku mugaragaro muri Gicurasi 2024, kigashimirwa cyane ku buryo cyongereye ubwiza bw’Umujyi wa Kigali mu bijyanye n’imyidagaduro.

Ni inyubako irimo ibice nk’ahantu hakinirwa imikino itandukanye, aho kunywera, gufatira amafunguro n’aho gucururiza.

https://www.instagram.com/reel/DEGKWDKxu-1/?utm_source=ig_web_copy_link&igsh=MzRlODBiNWFlZA==

Screenshot

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul December 28, 2024 December 28, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Ingabo z’Afurika y’Epfo zavuye kwizima zemera gutaha zinyuze mu Rwanda

February 24, 2025
Utuntu n'utundi

Apôtre Yongwe yajuririye mu rukiko rwisumbuye

November 7, 2023
Utuntu n'utundi

Benjamin Netanyahu, yasheshe Guverinoma yari ishinzwe intambara

June 18, 2024
Andi makuru

Umutwe wa M23 wafashe icyemezo cyo gutanga agahenge no kurekura Umujyi wa Walikale

March 22, 2025
Iyobokamana

Imbwirwaruhame za  Pasteur Ezra Mpyisi zizatuma yibukwa iteka

January 30, 2024
Imyidagaduro

Manick Yani Yishimiye gukorana na King James

January 21, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?