SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Inama yagombaga guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Inama yagombaga guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe
Andi makuru

Inama yagombaga guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe

Ahupa Radio
Last updated: 2024/12/15 at 1:08 PM
Ahupa Radio
Share
3 Min Read
SHARE

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Antoine Félix Tshisekedi, ntibahuriye i Luanda muri Angola nk’uko byari biteganyijwe kuri iki Cyumweru.

Byari biteganyijwe ko kuri iki Cyumweru tariki 15 Ukuboza, 2024 Perezida Paul Kagame ahura na Perezida Antoine Felix Tshisekedi, ku buhuza bwa Perezida João Lourenço.

Ni nyuma y’uko ku wa Gatandatu, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, yatangaje ko Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Luanda muri Angola.

Yari yitabiriye inama ya 7 yo ku rwego rwa ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga igamije gushakira umuti ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Amafoto yasohowe yerekanaga ko intumwa z’u Rwanda n’iza DR.Congo zagiranye ibiganiro. Intumwa za DR.Congo ziyobowe na Minisitiri Thérèse Kayikwamba Wagner.

Ibyo biganiro byari biyobowe na Amb. Tete Antonio Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola.

Kuri iki Cyumweru, Perezidansi ya RD Congo yanditse ku rubuga rwa X, ko guhura kw’aba bakuru b’ibihugu bimaze igihe bidacana uwaka kutakibaye.

Yavuze ko kunanirwa guhura ngo byatewe n’uko u Rwanda rwazanye amananiza mu biganiro.

Ivuga ko mu nama yabaye hagati y’Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga, u Rwanda rwasabye ko hagomba kubaho ibiganiro hagati ya Guverinoma ya RDC n’umutwe wa M23.

Mu kuzamura iyi ngingo, ngo u Rwanda rwavuze ko bigomba gukorwa mbere y’uko rushyira umukono ku masezerano.

Uruhande rwa RDC rwari ruyobowe na Minisitiri Wagner Kayikwamba rwamaganye icyo cyifuzo, ibyo gushyira umukono ku masezerano busubira irudubi.

Ingingo yo kuganira n’umutwe wa M23 ni imwe mu zishyushya umutwe ubutegetsi bwa Kinshasa dore ko na Perezida Tshisekedi avuga ko M23 ari “itsinda ry’abagizi ba nabi, ryishoye mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi rizanywe na Paul Kagame, Perezida w’u Rwanda”

Avuga ko “Ni yo mpamvu tutazigera tuganira nabo cyangwa ngo tujye mu biganiro ibyo ari byo byose nabo.”

Ni mu gihe umutwe wa M23 nawo udahwema kuvuga ko inzira yo kurangiza intambara ari ukuganira n’ubutegetsi kugira ngo ibyatumye begura intwaro bishyirweho akadomo.

M23 kandi igaragaza ko mu gihe idatumirwa mu biganiro bya Luanda, imyanzuro ibifatirwamo itabareba kuko kuganira na Tshisekedi ubegeka k’u Rwanda.

You Might Also Like

U Rwanda rwasabye kwakira amashami y’umuryango w’abibumbye i Kigali

Joe Biden wahoze ayobora USA yasanzwemo Cancer ya Prostate yo mu rwego rwo hejuru

Uwahoze ayobora FBI arakwekaho gushaka kwica Donald Trump

Parike y’igihugu y’Akagera igiye kwakira inkura 70 z’umweru

Perezida Archange Touadéra akomeje gusabwa n’uburusiya gusinyana n’abandi bacanshuro

Ahupa Radio December 15, 2024 December 15, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Simi ugiye gushyingirwa ashigikiye gusezerana kw’abakundana

January 30, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yagaragaje ibintu bitatu byubakiweho iterambere ry’u Rwanda mu myaka 28 ishize

April 29, 2019
Imyidagaduro

Teta Diana yatumiwe kuririmba mu iserukiramuco Urkult ribera muri Suede

February 6, 2023
Andi makuru

Colonel Kazarama yasubiye muri M23

July 29, 2024
Imyidagaduro

King Promise wo muri Ghana yiyemeje kuzasusurutsa bihagije abazitabira imikino ya BAL

May 15, 2025
Imikino

Tumenye umukino wa Fencing ukinwa hifashishijwe inkota!

January 15, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?