SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yasangiye n’abitabiriye Inama ya FIA mu Rwanda
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Kagame yasangiye n’abitabiriye Inama ya FIA mu Rwanda
Andi makuruImikino

Perezida Kagame yasangiye n’abitabiriye Inama ya FIA mu Rwanda

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/12/13 at 9:42 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
4 Min Read
SHARE

Perezida Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 12 Ukuboza 2024,  yakiriye abitabiriye Inteko Rusange y’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Gutwara Imodoka (FIA) ndetse n’itangwa ry’ibihembo mu bahize abandi muri uwo mukino bizabera mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Ukuboza 2024.

Ni umuhango wabereye muri Kigali Convention Centre, witabiriwe n’abantu mu ngeri zitandukanye baturutse hirya no hino ku Isi baje kwitabira Inteko Rusange ya FIA.

Bamwe muri abo, harimo umunyarwenya, umukinnyi wa filime akaba n’umuyobozi w’ibiganiro bikomeye kuri Televiziyo zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Steve Harvey, wongeye kugaragara mu Rwanda nyuma y’igihe kitageze ku kwezi ahavuye.

Perezida Kagame yashimiye  Inteko Rusange ya FIA, ku bwo kugirira ikizere u Rwanda .

Ati “Ndashaka gushimira mbikuye ku ndiba y’umutima wanjye, FIA na Mohammed Ben Sulayem n’ikipe ye kuba baregeranyije ibi byose hamwe, no kugirira icyizere u Rwanda rukabasha kubakira. Turabishima kandi ndizera ko igihe cyose muzamara hano muzishimira ko muhari.”

Perezida Kagame yavuze ko Umugabane wa Afurika ukwiye kugana mu cyerekezo cyo kubengukwa n’abanyempano bava hanze aho gukomeza kurera abajya ahandi.

Ati “Afurika itanga impano nyinshi muri siporo zitandukanye, hari umubare munini ariko ntibabona amahirwe. Kuba muri hano, nzi ko ari intangiriro y’uburyo ayo mahirwe yaza ku mugabane wacu.”

Perezida Kagame na Perezida w’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umukino wo gusiganwa mu modoka ku Isi (FIA), Mohammed Ben Sulayem, bamuritse kandi imodoka y’amasiganwa ya “Cross Car” yakorewe mu Rwanda n’abanyeshuri bo muri IPRC Kigali.

Ati “Mbere y’uko twinjira, njye na Mohammed twasuye imodoka yakorewe hano mu Rwanda n’abanyempano bakiri bato, abanyeshuri bo mu mashuri ya tekinike [Rwanda Polytechnic]. FIA yari ibiri inyuma, binyuze mu gutanga ubumenyi no gushishikariza abantu kugaragaza impano n’ubumenyi mu bintu bitandukanye bashobora gukora cyangwa guhanga.”

– Advertisement –

Yakomeje agira ati ““Ku bw’ibyo rero, FIA, ndashaka kubashimira, ndagushimira cyane Mohammed ndetse n’Abanyarwanda barashima ko mwese muri hano. Ariko si ku Rwanda gusa, ndashaka ko mwumva ko binyuze mu kuba muri hano n’ibikorwa byanyu bigera kure ku mbibi zose z’uyu mugabane, ni ku bwa Afurika.”

Iyi modoka yari imaze igihe kigera ku kwezi ikorwa n’abanyeshuri bo muri IPRC Kigali aho bafatanyije n’umutekinisiye wa FIA.

Biteganyijwe ko Umuholandi Max Verstappen wegukanye Formula One uyu mwaka, azagerageza imikorere y’iyi modoka nka kimwe mu bigize ibihagano yahawe na FIA.

Inteko Rusange ya FIA izasozwa n’itangwa ry’ibihembo byayo ku bakinnyi babaye indashyikirwa mu masiganwa itegura, bizatangirwa muri BK Arena ku mugoroba wo ku wa Gatanu.

Muri uyu muhango kandi igihangano cya Ishimwe Gad, nicyo cyatoranyijwe nk’icyahize ibindi mu byatanzwe n’Abanyarwanda mu rwego rwo kwizihiza imyaka 120 ishize Ishyirahamwe ry’Umukino wo gusiganwa mu modoka ku Isi, FIA, ritangijwe.

Biteganyijwe ko iki gihangano kizanashyirwa ahakorerwa imurika ku Cyicaro cya FIA kiri ahitwa Place de la Concorde i Paris mu Bufaransa nk’amateka ko inama ya mbere ya FIA muri Africa yabereye mu Rwanda.

Amafoto :Flickr Village Urugwiro

You Might Also Like

PSG yegukanye igikombe cya champions League itsinze Inter Milan 5-0(Amafoto)

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Nsanzabera Jean Paul December 13, 2024 December 13, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuruImyidagaduro

Inzu ifasha abahanzi ya I.Music ya No Brainer yasinyishije umuhanzi D.N

October 9, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Mugenzi we wa Togo Faure Gnassingbé

January 20, 2025
Andi makuru

Umunyeshuri wari uvuye mu Rwanda yaketsweho Marburg bihagarika urugendo rwa Gariya moshi mu budage

October 3, 2024
Imyidagaduro

Sony yaguze ibihangano bya Michael Jackson kuri Miliyoni 600$

February 12, 2024
Imyidagaduro

Judy Entertainment yasinyishije itsinda rya Soul Brothers ririmba Gospel

July 19, 2024
ImyidagaduroIyobokamana

Cecile Kayirebwa yakomoje ku Rukundo rwe n’umugabo we

March 22, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?