SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Général Mahamat Déby Itno yagizwe Maréchal
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Général Mahamat Déby Itno yagizwe Maréchal
Andi makuru

Général Mahamat Déby Itno yagizwe Maréchal

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/12/11 at 11:09 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

 

Kuri uyu wa 10 Ukuboza 2024 Akanama kayobora Inzibacyuho ya Tchad kazamuye mu ntera Perezida wako, Général Mahamat Déby Itno, kamuha ipeti rya Maréchal.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Africa News  ni uko uyu mwanzuro watowe n’abantu 160 mu bagize aka kanama, babiri barawanga, abandi batandatu bahitamo kwifata.

Gen Mahamat azamuwe mu ntera nyuma y’aho kuva mu mpera z’Ukwakira kugeza mu Ugushyingo 2024 ayoboye ibitero by’ingabo za Tchad ku mutwe w’iterabwoba wa Boko Haram, byahawe izina ‘Opération Haskanite’.

Intandaro ya Opération Haskanite ni ibitero Boko Haram yagabye ku kigo cya gisirikare cya Ngouboua cyegereye Ikiyaga cya Tchad, ikica abasirikare barenga 40 muri 200 bakibamo.

Gen Mahamat yamaze iminsi 15 ayobora ibi bikorwa, ubwo yasubiraga ku biro bye, Boko Haram yica abandi basirikare benshi ba Tchad baguye mu gico cyayo, barimo abofisiye bakuru.

Umubyeyi we, Idris Déby Itno, na we yari yarahawe n’Inteko Ishinga Amategeko ipeti rya Maréchal kubera ibikorwa bya gisirikare yayobowe bigamije gusenya imitwe yitwaje intwaro yahungabanya umutekano w’igihugu.

Gusa ntabwo Maréchal Déby yahiriwe n’ibi bikorwa, kuko yarasiwe ku rugamba mu gace ka Nokou tariki ya 18 Mata 2021, yicwa n’ibikomere nyuma y’iminsi ibiri. Icyo gihe Gen Mahamat yahise amusimbura ku butegetsi.

Umwanzuro wo kuzamura mu ntera Gen Mahamat utowe habura ibyumweru bitatu ngo muri Tchad habe amatora y’abayobozi mu nzego z’ibanze n’abagize Inteko Ishinga Amategeko; yaherukaga mu 2011.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul December 11, 2024 December 11, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

APR FC yatangije nabi umwaka abakunzi bayo muri ‘Mapinduzi Cup’

January 2, 2024
Utuntu n'utundi

Perezida Kagame ari mu Bufaransa mu nama yiga ku gukora inkingo

June 20, 2024
Imikino

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

May 27, 2025
Imyidagaduro

Kenny Sol agiye gukorera igitaramo muri Canada

June 22, 2023
Iyobokamana

Icyamamare Nomthie Sibisi yijeje abakristo bo mu Rwanda igitaramo cy’amateka

November 29, 2023
Andi makuru

#Kwibuka30 :Madamu Mushikiwabo Louiise uyobora OIF yakomoje ku rupfu rwa Musaza we Lado wicanwe n’umuryango we muri Jenoside

April 8, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?