SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Joe Biden yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Angola (Amafoto)
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Joe Biden yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Angola (Amafoto)
Andi makuru

Joe Biden yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Angola (Amafoto)

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/12/03 at 10:25 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika, Joe Biden, yageze i Luanda muri Angola, mu ruzinduko rw’amateka, azamaramo amasaha 72.

Muri uru ruzinduko rwa mbere agiriye muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara kuva ari perezida – bisa n’aho ari na rwo rwa nyuma mu gihe hasigaye ibyumweru bicye akava ku butegetsi – Biden aragirana ibiganiro na mugenzi we Lourenço kuri uyu wa kabiri, nk’uko ibiro bya perezida wa Angola bibivuga.

Uruzinduko rwa Biden ahanini rugamije gukomeza umubano wa Amerika na Angola ushingiye ku mushinga rutura Amerika yashyizemo imari nini wo kuvugurura inzira ya gariyamoshi izwi nka Lobito Corridor.

Iyi nzira ya 1,300km iva ku nyanja ku cyambu cya Lobito muri Angola ikagera mu ntara za Lualaba na Haut-Katanga ya DR Congo. Biteganyijwe ko nyuma izakomeza kugera no muri Zambia.

Iyo nzira niyuzura izafasha kugeza ku cyambu cya Lobito amabuye y’agaciro yo mu birombe bya cobalt, lithium, n’umulinga(copper) ako gace gakungahayeho – agakomeza akagera ku isoko ry’Iburayi na Amerika. Ni umushinga Amerika ishyizemo imbaraga mu guhangana n’Ubushinwa ku isoko ry’amabuye y’agaciro.

Ibinyamakuru muri Angola bivuga ko Joe Biden ari buganire na mugenzi we Lourenço no ku kibazo cy’umutekano mucye mu Burasirazuba bwa DR Congo. Akarere na ko gakungahaye ku mabuye y’agaciro yifuzwa n’ibihugu rutura nka Amerika n’Ubushinwa.

Leta ya Washington yagiye kenshi ishima umuhate wa Angola nk’umuhuza muri iki kibazo, kandi yagiye isaba Kinshasa kureka gufasha umutwe wa FDLR na Kigali kureka gufasha umutwe wa M23.

 

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul December 3, 2024 December 3, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Bruce Melodie yashyizwe mu cyiciro cya Best Artist East Africa muri Trace Awards2023

October 5, 2023
Imyidagaduro

Abakunzi ba Muzika nyarwanda bashyizwe igorora na Kikac Music muri Tour du Rwanda 2024

January 8, 2024
Imyidagaduro

Dj Brianne yavunitse urutirigongo nyuma yo kugwa iwe

March 28, 2023
Imyidagaduro

Umunyamideli Jackie Rogers yitabye Imana

January 25, 2023
Andi makuru

#Kwibuka21: Abayobozi n’abakozi ba Airtel Rwanda basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama

April 11, 2025
Imyidagaduro

Knowless yakumbuje abakunzi be indirimbo zo hambere harimo niyo yakoranye na Vampino

December 12, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?