SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umunyamakuru Mutesi Scovia n’umunyarwenya Kigingi bishimiwe cyane mu gitaramo cya Gen Z Comedy Show
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Umunyamakuru Mutesi Scovia n’umunyarwenya Kigingi bishimiwe cyane mu gitaramo cya Gen Z Comedy Show
Imyidagaduro

Umunyamakuru Mutesi Scovia n’umunyarwenya Kigingi bishimiwe cyane mu gitaramo cya Gen Z Comedy Show

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/11/29 at 12:08 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Umugoroba  wiswe  uwiseka rusange  muri gitaramo cya Gen  Z Comedy umaze kwigarurira  imitima ya Benshi ariko  uwo kuri uyu wa 28 Ugushyingo  2024 wari amateka aho abakunzi  b’Urwenya  batashye  batabishaka  nyuma yo gusetswa n’umunyarwenga w’umurundi Kigingi  ukunzwe nabatari bake mu Rwanda .

ki gitaramo cyari cyanatumiwemo Umunyamakuru ukunzwe cyane  mu Rwanda Mutesi Scovie wagombaga kuganiriza urubyiruko rwagikoraniyemo ndetse  n’Umuhanzi  Niyo  Bosco  cyatangiye  ahagana kw’isaha ya saa Moya aho Ihema  ryari ryakubise  ryuzuye  kubera benshi bari bafite amatsiko yo kwirebera abo banyarwenya bakunzwe cyane mu karere .

Uko abanyarwenya bagendaga basimburana niko ibintu byagenda bihindura isura  kugeza ubwo abakunzi b’Urwenya bamwe  babuze aho bicara bakareba bahagaze kugeza  bisoje .

Umunyarwenya kigingi  umaze kwigarura imitima  y’abanyarwanda kabone  ko Atari ubwa mbere  ataramiye  muri Gen Z comedy yishimiwe  cyane  abantu bamuha amashyi karahava kubera urwenya yateraga yibutsa abaraho bose bimwe  mu bijyanye n’Imbyino za kera  n’uko abubu  basigaye bazibyina bitandukanye n’abakera  uyu mugabo wasoje iki gitarampo yongeye gushimangira  ko akunda u Rwanda nk’igihugu cye cya  kabiri .

Ubwo  ibirori byari bigeze  hagati   Merci  utegura  Gen Z   yahamagaye  Umunyamakurukazi Mutesi Scovia wari watumiwe  mu gice bise  Meet Me Tonight yageze kur urbyiniro maze asangiza abaraho amateka ye  mu rugedo rwe mu itangazamakuru  maze ababwira byinshi cyane  kugeza ubu

Yagize ati ” urugendo rwanjye  mu itangazamakuru nk’umugore ntibyari byoroshye gusa  iyo  ufite intego nk’umukobwa cyangwa  Umugore  ibyo  wifuza kugera ku nzozi ze  ” ati nubwo biba bitoroshye  kugira ngo ugere kure kuko biba bisaba kwihangana  cyane  kubera inshingano  Umugore aba  afite  iyo  ubishaka  byose urabyihanganira .

Mu gusoza Mutesi Scovia yasabye abari’n’abategarugori baraho kumenya indangagaciro zabo kandi bagakunda akazi kuko biri mu bizatuma bagera  ku ntego bifuza

Fally Merci nyuma y’igitaramo   yatangaje  ko ari ibintu bishimishije uburyo abantu bakomeje kugaragaza urukundo bakunda ibitaramo byo gusetsa bya ‘Gen-Z Comedy’ ahamya ko ibi aribyo bibatera imbaraga zo gukora cyane.

Ati “Biba ari ibintu bishimishije, buri wese ntekereza ko yakwishimira gutegura igitaramo nk’iki ngiki kikitabirwa kuri uru rwego. Ibi nibyo bidutera imbaraga zo gukora cyane ngo tutazabatenguha.”

Ku rundi ruhande Fally Merci yavuze ko mu by’ukuri ubwitabire bw’iki gitaramo bwamushimishije, asaba abantu kujya bagura amatike kare mu rwego rwo kwirinda umuvundo ku muryango ndetse anabasaba kujya bahagerera igihe kuko uwatinze hari igihe ahura n’ikibazo cyo kubura aho yicara.

Abandi banyarwenya bari batumiwe muri icyo gitaramo barimo Muhinde .Rumi,Pirate,Dudu,Mc Kandi na Musa ,Salisa na Kadudu aba bose bagaragaje ubuhnaga buri mu rwego rwo hejuru aho buri wese yagiye akoresha uko ashoboye  agasetsa abakunzi mu buryo bwe

Ubusanzwe iki gitaramo kibera mu ihema ryakira abantu babarirwa hagati ya 1500-2000 icyakora mu ijoro ryakeye hari hakubise huzuye ku buryo kubona aho umuntu atera agatebe byari ingorane zikomeye.

Ibitaramo bya Gen-Z Comedy biba kabiri mu kwezi, buri wa kane hirengejwe uwo igiherutse kiba cyarabereyeho.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul November 29, 2024 November 29, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Abapolisi na Dasso mu mujyi wa Kigali babyukiye mu gikorwa cyo gutanga amaraso

May 28, 2025
Utuntu n'utundi

Benjamin Netanyahu, yasheshe Guverinoma yari ishinzwe intambara

June 18, 2024
ImikinoImyidagaduro

Menya byinshi ku nyubako ya Zaria Court yuzuye itwae arenga Miliyoni 25 z’amadorali

May 15, 2025
Andi makuru

Ukraine yemeye icyifuzo cya muri Amerika cy’agahenge k’ iminsi 30 mu ntambara barimo n’Uburusiya

March 12, 2025
Iyobokamana

Israel Mbonyi yizeje abakunzi be igitaramo gikomeye muri Uganda

February 9, 2024
Imikino

Amagare: Akagera Rhino Race iratangira kuri uyu wa 26 Ukuboza 2023!

December 25, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?