SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida wa Venezuela Nicolas Maduro yamaganye ibyo Amerika iri gukora
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida wa Venezuela Nicolas Maduro yamaganye ibyo Amerika iri gukora
Andi makuru

Perezida wa Venezuela Nicolas Maduro yamaganye ibyo Amerika iri gukora

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/11/19 at 1:47 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
1 Min Read
SHARE

Perezida wa Venezuela, Nicolas Maduro yamaganiye kure umwanzuro Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika aherutse gufata, wo kwemererwa Ukraine kurasa mu Burusiya ikoresheje intwaro yahawe.

Ibi Maduro yabigarutseho ubwo yasozaga inama izwi nka ‘National Congress of Bolivarian Historic Bloc, yigaga ku hazaza ha Venezuela.

Maduro yavuze ko “Ihuriro ry’ikibi rigizwe na Guverinoma ya Amerika, u Bufaransa n’u Bwongereza, yamaze kwemererwa Umu-Nazi w’umunyabyaha (Vladimir Zelensky) gukoresha misile zirasa kure mu kurasa umuvandimwe wacu, u Burusiya.”

Yakomeje avuga ko ibihe Abanyamerika n’Abanyaburayi barimo ari iby’ubusazi.

Ati “Turi mu bihe bikomeye. Politike ya gashakabuhake ya Amerika ya Ruguru igeze mu cyiciro cy’ubusazi no kwihorera.”

Ku wa Mbere tariki 18 Ugushyingo 2024 nibwo bwa mbere Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatanze uruhushya kuri Ukraine rwo gukoresha intwaro yahawe zirasa kure mu ntambara icyo gihugu kimaze imyaka itatu gihanganyemo n’u Burusiya.

Izi ntwaro zizwi nka ATACMS Amerika yari yarazihaye Ukraine nabwo bigoranye cyane, ariko Ukraine ibuzwa kuzikoresha irasa mu Burusiya. Ubusanzwe  Ukraine yari isanzwe yemerewe kuzikoresha gusa imbere ku butaka bwa Ukraine.

 

You Might Also Like

Apotré Jean Saflo Umushumba w’itorero impanda zabizera yatangiye ibikorwa bye mu Rwanda

Abapolisi na Dasso mu mujyi wa Kigali babyukiye mu gikorwa cyo gutanga amaraso

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Kazakhstan Kassym-Jomart Tokayev

Mufti w’u Rwanda yahaye umukoro abanyarwanda bagiye mu mutambagiro i Maka

Ambasaderi Yuval Waks wa Israel yasohowe nabi muri Kaminuza y’i Dakar

Nsanzabera Jean Paul November 19, 2024 November 19, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

DRC yatangaje ko izitabira ibiganiro na M23

March 17, 2025
Imyidagaduro

Urubanza rwa Bishop gafaranga rwaburanishirijwe mu muhezo

May 22, 2025
Imikino

Rwanda Premier League igiye guhemba abakinnyi n’abatoza bahize abandi mu mwaka wa 2024/2025

May 16, 2025
Andi makuru

Perezida Kagame yagize Maj Gen Alex Kagame Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, naho Maj Gen Andrew Kagame agirwa Umuyobozi wa Diviziyo ya Mbere

October 15, 2024
Imyidagaduro

Keza Terisky yanyomoje amakuru yavuzwe na The Trainer

January 17, 2023
Imyidagaduro

Kuki abafana bamwe batakiriye neza umushinga mushya wa Yago wo kuririmba

February 23, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?