SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yashimiye Donald Trump watorewe kuba Perezida wa 47 wa Amerika
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Kagame yashimiye Donald Trump watorewe kuba Perezida wa 47 wa Amerika
Andi makuru

Perezida Kagame yashimiye Donald Trump watorewe kuba Perezida wa 47 wa Amerika

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/11/06 at 6:30 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashimiye Donald Trump watsindiye kuba Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ahigitse Kamala Harris bari bahanganye.

Ni mu butumwa Perezida Kagame yanyujije ku rubuga rwe rwa X na Instagram mu mugoroba wo kuri uyu Gatatu taliki ya 6 Ugushingo 2024.
Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yashimiye Donald Trump ku kuba yatorewe kongera kuba Perezida wa Amerika, avuga ko yizeye ubufatanye buzanira inyungu ibihugu byombi.
Yanditse ati “Perezida watowe Donald Trump, ndagushimiye cyane mu izina rya Guverinoma n’abaturage b’u Rwanda ku gutorwa kwawe kw’amateka kandi gukomeye nka Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ubutumwa bwawe busobanutse bwahoze ari uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikwiriye kuba umufatanyabikorwa w’amahitamo, uhamagarira abandi kuyifatiraho urugero aho kubahatira kubona ibintu nkayo no kubaho nkayo. Ndashaka rero gukorana nawe mu nyungu rusange z’ibihugu byombi mu myaka iri imbere.”

Donald Trump wo mu ishyaka ry’Aba-Républicains yegukanye umwanya w’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ahigitse Kamala Harris bari haganganye wo mu ishyaka ry’Aba-Démocrates. Ni nyuma yo kubona amajwi ya Electoral College 277, mu gihe Kamala Harris afite 224.
Nubwo amajwi akiri kubarurwa, Donald Trump yamaze kwegukana amajwi ya ‘Electoral college’ 270, asabwa kugira ngo umuntu atsinde amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Amerika.

Trump agiye kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu myaka ine iri imbere agiye kuba Perezida w’iki gihugu cy’igihangange ku Isi nyuma yuko yari yarabikoze hagati ya 2016 na 2021.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul November 6, 2024 November 6, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Bwiza mu byishimo byinshi nyuma y’uko igitabo kimwemerera gusoza icyiciro cya 2 cya Kaminuza cyemewe

February 21, 2025
Imikino

Cristiano Ronaldo na Messi bagiye kongera gucakirana!

November 22, 2023
Imyidagaduro

Abanyarwenya Doctall Kingsley na MCA Tricky batumiwe mu gitaramo cya ‘Iwacu Summer Comedy Festival’

April 23, 2024
Imyidagaduro

Ibyahishwe kw’ikubitwa rya Moses Moshions i Musanze

February 25, 2025
Andi makuruUtuntu n'utundi

Captain Ibrahim Traoré uyobora inzibacyuho muri Burkina Faso yiyongeje imyaka itanu

May 27, 2024
Imyidagaduro

Piano The Grooveman yasinye muri Studio y’umuhanzi Ricky Password

May 10, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?