SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Niyonzima Haruna yahishuye uko atarotaga kuba icyamamare mu mupira w’amaguru
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Niyonzima Haruna yahishuye uko atarotaga kuba icyamamare mu mupira w’amaguru
Imyidagaduro

Niyonzima Haruna yahishuye uko atarotaga kuba icyamamare mu mupira w’amaguru

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/11/01 at 12:44 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
4 Min Read
SHARE

Ku mugoroba wo kuri  uyu wa kane tariki  ya 31 Ukwakira 2024 mu ihema rinini muri Camp nibwo abakunzi b’Urwenya bari babukereye mu gitaramo kimaze  kwigarurira imitima ya benshi cyizwzi nka  Gen-Z comedy gitegurwa n’Umunyarwenya Fally Merci aho uwo mugoroba umutumirwa yari Niyonzima Haruna wabaye kapiteni w’Ikipe y’Igihugu amavubi ndetse akanakinira  amakipe menshi hano mu Rwanda ndetse no  hanze yarwo .

Nkuko bimaze kumenyerwa muri igi gitaramo kitabirwa n’abanyarwenya benshi bakizamuka habamo agace  bise  Meet me  To Night aho batumira ibyamamare cyangwa undi muntu wese wakoze ibikorwa byindashyikirwa akagira ibyo aganiriza urubyiruko rukitabira kugira ngo arushishikarizenarwo gukora cyane  kugira ruziteze imbere.

Muri icyo  gitaramo nkuko bisanzwe buri  munyarwenya yakoreshaga imbaraga  nyinshi kugira asetse  abakunzi gusa uyu mugoroba wo wari wihariye kuko inzenya zose bakoze zibadaga kw’ifungwa ry’Umunyamakuru ndetse na Nyampinga w’U Rwanda  Muheto  Divine .Abanyarwenya bari batumiwe uyu mugoroba barimo Afande  Magege,Biden Seka,Lucky Baby , Eric wi Rutsiro,Bjb Bosco,Mc Kandii na  Musa ,Salsa,Papa Gigi, Rumirwa,Kadudu, Muhinde Nkirigito Clement na Pirate aba bose bishimiwe byo mu rwego rwo hejuru .

Ubwo igitaramo cyari kigeze hagati Merci yakomeje kugenda atumira abantu batandukanye bagasusurutsa abakunzi b’Urwenya ari nako bari batgereje umushyitsi mukuru Niyonzima Haruna wari utegerejwe na kugira abaganirize kuri byinshi ku buzima muri Ruhago.

Ubwo  Niyonzima Haruna yatumirwaga ku rubyiniro mu nseko ahorana iteka  yatangiye guhatwa ibibazo byinshi ku buzima bwe musanzwe ndetse kubw’umupira yamenyekanyemo .

Haruna yatangiye avuga uko yatangiye umupira akiri  umwana muto ariko wakundaga kwikorera siporo(Acrobatie) ,kuko atibonagamo  umukinnyi mwiza gusa ubwo yageraga mu mwaka wa Kabiri nibwo abantu b’Iwabo I Gisenyi  bamubonagamo impno ikomeye akab aribwo  yatangiye kujya akina umupira  bigenza biza  kugeza aho byarangiye abaye icyamamare .

Abajijwe amakipe yagiye akinamo yavuze ko muriEtincelle muri 2005, aza kuyivamo ajya muri Rayon Sports 2006-2007, nyuma aza kwerekeza muri APR FC 2007-2011. Yaje gusohoka mu Rwanda ajya muri Tanzaniya muri Young SC 2011-2017.

Iki gihe nibwo yatangiye kumenyekana cyane muri aka karere k’iburasirazuba bwa Afurica bitewe ni mpano yari afite itangaje, dore ko yakiniye amakipe ane akomeye ndetse afite abafana haba mu Rwanda no muri Tanzaniya .

Muri 2017 kugera 2019 Haruna yerekeje muri Simba SC avuye muri Young SC. Aza kugaruka mu Rwanda mu ikipe ya As Kigali, ayikinira umwaka umwe maze asubira muri Tanzaniya 2020-2021 muri Young SC. Yaje kuyivamo agaruka mu Rwanda 2021-2022 akinira As Kigali, yavuyemo ajya muri Libya mw’ikipe ya Al Ta’awon  nandi menshi .

Abajijwe ku kibazo cy’icyo yakora aramutse abonye amahirwe yo kuyobora  umupira w’amaguru mu Rwanda  yavuze ko ikintu cya mbere yakora  ari uguhindura  imyumvire  y’abanyarwanda ku makipe yabo kuko bafite ukuntu badah agaciro abakinnyi  babo ahubwo iteka bagahora bumva umupira w’u Rwanda uzatera imbere ukinnwe n’abanyamahanga kandi siko bimeze  mu bindi bihugu baha agaciro abakinnyi babo.

Ahagana kw’isaha ya Saa Tanu n’igice nibwo iki gitaramo cyari kitabiriwe n’ibyamamare byinshi nka  Davis D,Drama T  w’I Burundi ,Umuramyi Chryo  , Bruce Intore,Muyoboke Alexis,Fraco Kabano na bandi banyamideli nibwo cyashyizweho akadomo Merci akaba yahise abateguza ikindi mu byumweru bibiri biri imbere nkuko bimaze kumenyerwa

You Might Also Like

Bishop Gafaranga yatawe muri yombi na RIB

Iserukiramuco rya ‘Oldies Music Festival’uyu mwaka rizarangwa n’udushya twinshi

P Diddy agiye kuburanishwa mu mizi

Jose Chameleon yasubukuye igitaramo afite I Kigali

Rihanna na A$ap bagiye kwibaruka umwana wa gatatu

Nsanzabera Jean Paul November 1, 2024 November 1, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Kazarwa Gertrude na Mussa Fazil batorewe kuyobora umutwe w’abadepite

August 14, 2024
Iyobokamana

Icyumweru cyahariwe Abaskuti mu Rwanda cyasojwe aho urubyiruko rwongeye gusabwa kwirinda ibirushuka

February 26, 2024
Andi makuru

Perezida wa Gabon Gen Brice Oligui Nguema yanze umushara we

October 19, 2023
Andi makuru

Imbamutima z’ Umwunganizi wa Manirakiza Theogene nyuma y’irekurwa rye

November 17, 2023
Imikino

FIFA: Amavubi yagumye k’umwanya yari ariho ku rutonde rwa FIFA

February 15, 2024
Iyobokamana

Abazitabira igitaramo cya Chorale de Kigali bizejwe ibitangaza n’abaterakunga bacyo

December 13, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?