SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: DR Congo :abarenga 50 baguye mu bwato bwarohamye mu kiyaga cya Kivu
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > DR Congo :abarenga 50 baguye mu bwato bwarohamye mu kiyaga cya Kivu
Andi makuru

DR Congo :abarenga 50 baguye mu bwato bwarohamye mu kiyaga cya Kivu

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul
Published: October 3, 2024
Share
SHARE

Ubwato bwitwa ’MV Merda’ bwari butwaye abantu barenga 100 kuri uyu wa 3 Ukwakira 2024, bwarohamye mu Kiyaga cya Kivu ku ruhande ruherera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubu bwato bwavaga mu gace ka Minova gaherereye muri teritwari Kalehe, Intara ya Kivu y’Amajyepfo, bwerekeza mu mujyi wa Goma. Bwarohamiye mu gace ka Mukwidja.

Amashusho yafashwe agaragaza burohama gake gake kugeza ubwo bwose bucuramye, bukarengerwa n’amazi.

Ku rundi ruhande, hagaragara abagenzi bake bageragezaga koga, berekeza ku nkombe z’ikiyaga.

Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo, Jean-Jacques Purusi yagaragaje ko iyi mpanuka yatewe n’uko ubu bwato bwari butwaye abarenze ubushobozi bwabwo kuko bwakabaye butwara abagenzi batarenze 30.

Yagize ati “Ubwato bwavaga muri Minova bujya i Goma bwarohamiye mu kiyaga cya Kivu [bugeze] mu gace ka Mukwidja muri teritwari ya Kalehe. Bwari butwaye abantu barenga 100, nyamara bufite ubushobozi bwo gutwara abagenzi bagera kuri 30.”

Guverineri Purusi yatangaje ko hataramenyekana abantu bapfiriye muri iyi mpanuka n’abayirokotse.

Ati “Ntabwo dufite imibare irambuye, ariko bivugwa ko hari abapfuye n’abarokotse.”

Umuryango wa Afurika y’amajyepfo, SADC, watangaje ko abasirikare bari mu butumwa bw’amahoro bwawo mu burasirazuba bwa RDC, batanze ubufasha mu gutabara abarohamye mu kiyaga cya Kivu.

Guverineri Purusi yagaragaje ko abasare, Polisi ishinzwe umutekano wo ku nkombe z’ikiyaga ndetse n’abandi bafite aho bahurira n’ubwikorezi bukorerwa muri iki kiyaga bafite uruhare muri iyi mpanuka.

Yatangaje ko hagiye kuba inama y’umutekano yihutirwa ku rwego rwa Kivu y’Amajyepfo, yiga kuri iyi mpanuka, ateguza ko abayigizemo uruhare bose bagomba kubiryozwa.

Muri Kamena, ubwato nabwo bwarengeje urugero bwarohamye hafi y’umurwa mukuru Kinshasa maze abagenzi 80 bahasiga ubuzima. Muri Mutarama, abantu 22 bapfiriye ku kiyaga cya Maî-Ndombe naho muri Mata 2023, abantu batandatu baricwa naho 64 baburirwa irengero.

Nk’uko byatangajwe na Elia Asumani, ushinzwe ubwikorezi ukora kuri uyu murongo, ibintu byabaye bibi: “Dufite ubwoba”, yabwiye AP. “Iyi mpanuka yari yarahanuwe.”

Bienfait Sematumba, ufite imyaka 27, yavuze ko yabuze abantu bane bo mu muryango we. Aceceka gato ati: “Bose barapfuye. Ubu ndi jyenyine.” Ati: “Niba abayobozi barangije intambara, iyi mpanuka y’ubwato ntiyari kubaho.”

Abacitse ku icumu, bagera ku icumi, bajyanywe mu bitaro bya Kyeshero kugira ngo bavurwe. Umwe muri bo, Neema Chimanga, yavuze ko agifite ubwoba. Yatangarije AP ati: “Twabonye ubwato butangiye kuzura igice cy’amazi.” “Urugi rw’ubwato rwarakingutse maze tugerageza kurufunga. Ariko amazi yari amaze kwinjira kandi ubwato bwari buri  kunyeganyega”Yongeyeho ati: “Nasimbutse mu mazi ntangira koga. Ati: “Sinzi uko navuye mu mazi.”

Captain Ibrahim Traoré uyobora inzibacyuho muri Burkina Faso yiyongeje imyaka itanu
Perezida Joe Biden yatumiye Donald Trump muri white house
Adrien Misigaro, Patient Bizimana, Serge Iyamuremye bagiye guhurira mu gitaramo kizabera Phoenix
Perezida Kagame yakiriye Davido muri Village Urugwiro
Sudan: Umukinnyi ukomeye w’amakinamico yishwe n’amasasu y’abarwana
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Eurogold Casino 100 Free Spins Bonus 2025

February 25, 2025

Online Pokies New Zealand 2025

February 25, 2025
Andi makuru

Nomcebo Zuma, umukobwa wa Jacob Zuma agiye gushyingiranwa n’Umwami Mswati III

September 4, 2024

Lucky Creek Online Casino

February 25, 2025

Stoiximan Casino Login App Sign Up

February 25, 2025

Pacific Wins Casino

May 28, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?