SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: DR Congo :abarenga 50 baguye mu bwato bwarohamye mu kiyaga cya Kivu
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > DR Congo :abarenga 50 baguye mu bwato bwarohamye mu kiyaga cya Kivu
Andi makuru

DR Congo :abarenga 50 baguye mu bwato bwarohamye mu kiyaga cya Kivu

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/10/03 at 7:24 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Ubwato bwitwa ’MV Merda’ bwari butwaye abantu barenga 100 kuri uyu wa 3 Ukwakira 2024, bwarohamye mu Kiyaga cya Kivu ku ruhande ruherera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubu bwato bwavaga mu gace ka Minova gaherereye muri teritwari Kalehe, Intara ya Kivu y’Amajyepfo, bwerekeza mu mujyi wa Goma. Bwarohamiye mu gace ka Mukwidja.

Amashusho yafashwe agaragaza burohama gake gake kugeza ubwo bwose bucuramye, bukarengerwa n’amazi.

Ku rundi ruhande, hagaragara abagenzi bake bageragezaga koga, berekeza ku nkombe z’ikiyaga.

Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo, Jean-Jacques Purusi yagaragaje ko iyi mpanuka yatewe n’uko ubu bwato bwari butwaye abarenze ubushobozi bwabwo kuko bwakabaye butwara abagenzi batarenze 30.

Yagize ati “Ubwato bwavaga muri Minova bujya i Goma bwarohamiye mu kiyaga cya Kivu [bugeze] mu gace ka Mukwidja muri teritwari ya Kalehe. Bwari butwaye abantu barenga 100, nyamara bufite ubushobozi bwo gutwara abagenzi bagera kuri 30.”

Guverineri Purusi yatangaje ko hataramenyekana abantu bapfiriye muri iyi mpanuka n’abayirokotse.

Ati “Ntabwo dufite imibare irambuye, ariko bivugwa ko hari abapfuye n’abarokotse.”

Umuryango wa Afurika y’amajyepfo, SADC, watangaje ko abasirikare bari mu butumwa bw’amahoro bwawo mu burasirazuba bwa RDC, batanze ubufasha mu gutabara abarohamye mu kiyaga cya Kivu.

Guverineri Purusi yagaragaje ko abasare, Polisi ishinzwe umutekano wo ku nkombe z’ikiyaga ndetse n’abandi bafite aho bahurira n’ubwikorezi bukorerwa muri iki kiyaga bafite uruhare muri iyi mpanuka.

Yatangaje ko hagiye kuba inama y’umutekano yihutirwa ku rwego rwa Kivu y’Amajyepfo, yiga kuri iyi mpanuka, ateguza ko abayigizemo uruhare bose bagomba kubiryozwa.

Muri Kamena, ubwato nabwo bwarengeje urugero bwarohamye hafi y’umurwa mukuru Kinshasa maze abagenzi 80 bahasiga ubuzima. Muri Mutarama, abantu 22 bapfiriye ku kiyaga cya Maî-Ndombe naho muri Mata 2023, abantu batandatu baricwa naho 64 baburirwa irengero.

Nk’uko byatangajwe na Elia Asumani, ushinzwe ubwikorezi ukora kuri uyu murongo, ibintu byabaye bibi: “Dufite ubwoba”, yabwiye AP. “Iyi mpanuka yari yarahanuwe.”

Bienfait Sematumba, ufite imyaka 27, yavuze ko yabuze abantu bane bo mu muryango we. Aceceka gato ati: “Bose barapfuye. Ubu ndi jyenyine.” Ati: “Niba abayobozi barangije intambara, iyi mpanuka y’ubwato ntiyari kubaho.”

Abacitse ku icumu, bagera ku icumi, bajyanywe mu bitaro bya Kyeshero kugira ngo bavurwe. Umwe muri bo, Neema Chimanga, yavuze ko agifite ubwoba. Yatangarije AP ati: “Twabonye ubwato butangiye kuzura igice cy’amazi.” “Urugi rw’ubwato rwarakingutse maze tugerageza kurufunga. Ariko amazi yari amaze kwinjira kandi ubwato bwari buri  kunyeganyega”Yongeyeho ati: “Nasimbutse mu mazi ntangira koga. Ati: “Sinzi uko navuye mu mazi.”

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul October 3, 2024 October 3, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Ykee Benda yakiriye agakiza ahagarika kuririmbira mu tubari

March 8, 2025
Imikino

“Amahirwe masa kuri Salomon Banga Bindjeme aho agiye gukomereza urugendo” – APR FC

February 6, 2024
Andi makuru

Students of the Dr Alfred Paul Jahn Foundation visit his grave before returning to school

September 5, 2024
Imyidagaduro

#Kwibuka31 : Itsinda rya Traffic rigizwe na Semuhungu Eric,Mc Nario,Dj Caspi basabye urubyiruko rukoresha imbuga nkoranyambaga kurwanya Abapfobya Jenoside

April 10, 2025
Imyidagaduro

#Kwibuka29: Senderi Hit yasohoye indirimbo yageneye abarokotse bo Murenge wa Kabagari

April 7, 2023
Andi makuru

Abasirikare bihinduje igitsina bajyanye Perezida Trump mu nkiko

January 30, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?